Polisi y’Igihugu n’Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere, RURA kuri uyu wa 19 Kamena 2020 zatangaje ko zigiye gushakira umuti ikibazo cy’abamotari basigaye bifashisha serivisi ya ‘Mobile Money’ bagahamagara abakobwa n’abagore b’abandi.
Iki kibazo cyazamuwe n’uwiyise Ndamaze ku rubuga rwa Twitter. Mu gitondo yabajije Polisi y’Igihugu ati: “Ni byiza kwishyura abamotari dukoresheje momo, ariko se ko basigarana nimero zacu bakarara baduhamagara nibadusenyera ingo bizagenda gute ?”
Uyu yifashishije ifoto (screenshot) y’ubutumwa bugira buti: “Mwiriwe ni motari wagutwaye. Uri mwiza nagukunze. Ijoro ryiza undote.”

Polisi y’Igihugu yatangaje ko nta mumotari wemerewe guhamagara cyangwa koherereza ubutumwa bugufi umuntu badafitanye gahunda. Iti: “Turakorana n’urwego rubashinzwe (abamotari) tubakangurire kubyirinda.”
RURA nayo yatangaje ko igiye gushaka umuti w’iki kibazo, iti: “Tugiye gushaka uburyo twagikemura byihuse.”
Kwishyura amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga ni uburyo bwashyizweho na leta y’u Rwanda mu rwego rwo kwirinda guhererekanya amafaranga mu ntoki kuko biri mu buryo icyorezo cya Covid-19 cyakwirakwiramo. Ni gahunda yatangiye nyuma y’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo ku wa 2 Kamena, ubwo abamotari bemererwaga kongera gukora.



10 Responses
Abamotari bahamagara abagore b’abandi bifashishije MoMo bagiye gukeburwa
Arko mana yange ubukoko umwuga wabamotari uranze ubaye umwuga wantu badasobanutse koko??????ngaho nibande batarikwirinda amabwiriza yo kwirinda COVD19 arcol zirimo amazi!!gewe mbona police yarikwiye&rura bari bakwiye gufata ingamba yogushakisha abamotari bameze nkibirara bakabaka perme ,naho ibyo gufata umumotari akoze amakosa bagatwara moto kdi moto atariyo yakoze amakosa mbona barenganya banyiribinyaziga doreko usanga abenshi Atari nizabo moto police ikwiye gusubiramo amategeko rwose.
Abamotari bahamagara abagore b’abandi bifashishije MoMo bagiye gukeburwa
Mwiriweneza abamotari menya aribo banyarwanda basigazwe inyuma namateka kuko baba fata mukajagari ujewese ngo ibyangobwa ntacyerekanako uwo umufashe arimukazi
Abamotari bahamagara abagore b’abandi bifashishije MoMo bagiye gukeburwa
Mwiriweneza abamotari menya aribo banyarwanda basigazwe inyuma namateka kuko baba fata mukajagari ujewese ngo ibyangobwa ntacyerekanako uwo umufashe arimukazi
Abamotari bahamagara abagore b’abandi bifashishije MoMo bagiye gukeburwa
Arko mana yange ubukoko umwuga wabamotari uranze ubaye umwuga wantu badasobanutse koko??????ngaho nibande batarikwirinda amabwiriza yo kwirinda COVD19 arcol zirimo amazi!!gewe mbona police yarikwiye&rura bari bakwiye gufata ingamba yogushakisha abamotari bameze nkibirara bakabaka perme ,naho ibyo gufata umumotari akoze amakosa bagatwara moto kdi moto atariyo yakoze amakosa mbona barenganya banyiribinyaziga doreko usanga abenshi Atari nizabo moto police ikwiye gusubiramo amategeko rwose.
Abamotari bahamagara abagore b’abandi bifashishije MoMo bagiye gukeburwa
Mwaramutse ndumumotari abobamotaribadusebereza umwuganibabirekebitarafata indinera
Abamotari bahamagara abagore b’abandi bifashishije MoMo bagiye gukeburwa
Mwaramutse ndumumotari abobamotaribadusebereza umwuganibabirekebitarafata indinera
Abamotari bahamagara abagore b’abandi bifashishije MoMo bagiye gukeburwa
Ikihutirwa ni Cash. Iyo ufashe moto uba ufite amafaranga. Iyo priority iza kuba gufasha mu guhindura imyitwarire hari kuba izindi ngamba @ mugabo
Abamotari bahamagara abagore b’abandi bifashishije MoMo bagiye gukeburwa
Ikihutirwa ni Cash. Iyo ufashe moto uba ufite amafaranga. Iyo priority iza kuba gufasha mu guhindura imyitwarire hari kuba izindi ngamba @ mugabo
Abamotari bahamagara abagore b’abandi bifashishije MoMo bagiye gukeburwa
mwaratinze akaba karabaye, ingonyinshi zarasenyutse kubera utwo duceri bahorana mu ntoke.
Abamotari bahamagara abagore b’abandi bifashishije MoMo bagiye gukeburwa
mwaratinze akaba karabaye, ingonyinshi zarasenyutse kubera utwo duceri bahorana mu ntoke.