Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi umunyamakuru Byansi Samuel Baker usanzwe ukorera TV10 na Nshimyumukiza Janvier Popote wandikira ikinyamakuru newtimes, imvahonshya … kuri ubu arakorera popote.rw, bakurikiranweho kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda covid-19 no kurwanya inzego zishinzwe umutekano.
Byansi na mugenzi we batawe muri yombi mu ijoro ryakeye, RIB yatangaje ko bakurikiranweho kwigomeka ku buyobozi, kwica nkana amabwiriza yo kwirinda no gukumira icyorezo cya coronavirus ndetse no kurwanya inzego z’umutekano nk’urwego rushinzwe ishyirwamubikorwa ry’aya mabwiriza.
Ku rukuta rwe rwa Twitter, Byansi yanditse avuga ko afunzwe nyuma yo gufatwa na Polisi ubwo yafotoraga abapolisi bakoreshaga imbaraga z’umurengera mu gushyira mu bikorwa amabwiriza ku ngamba zo gukumira covid-19. Yagize ati” Nafashe amafoto y’uko Polisi iri kwitwara mu gushyira mu bikorwa amabwiriza ya Guma mu rugo.” Akongera ati” Natawe muri yombi.” Aha yashyizeho n’ifoto ye yambaye amapingu.
Ku murongo wa telefone, Bwiza.com yavuganye na Dominique Bahorera uri gukora mu mwanya w’Umuvugizi wa RIB, asobanura ko ifatwa ry’aba banyamakuru ntaho rihuriye n’inkuru barimo barakora. Yagize ati” Aba banyamakuru bafashwe kubera kugerageza kurwanya inzego z’umutekano ubwo bafatwaga batubahirije amabwiriza yo kwirinda no gukumira icyorezo cya coronavirus.”
Yakomeje avuga ko abanyamakuru batari hejuru y’amategeko kuko uri mu kazi aba agomba kwerekana uruhushya rumwemerera gukora muri icyo gihe kidasanzwe. Ati” abarengeje amasaha yagenwe (saa 21:00) babigaragaza mu buryo bwiza bagasobanura impamvu batinze, hatabayeho guhangana n’inzego z’umutekano.”
Aba banyamakuru bombi basanzwe bakora inkuru zicukumbuye ndetse Nshimyumukiza Janvier mu mwaka wa 2018 yahembwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) nk’umunyamakuru mwiza mu gukora mwene ubu bwoko bw’inkuru.


