ELLENKFARDC

FARDC yaba yisubije Umujyi wa Buhimba

Sangiza iyi nkuru

Umujyi muto wa Buhimba, muri Guruoma ya Waloa Yungu (agace ka Walikale) iherereye muri Kivu y’Amajyaruguru, wongeye gufatwa n’ingabo za leta zishyigikiwe na Wazalendo ku wa Mbere, 24 Ugushyingo, nyuma y’umunsi umwe wigaruriwe n’inyeshyamba za AFC / M23.

Aka gace kari kafashwe n’inyeshyamba za M23 ku Cyumweru nimugoroba. Ku wa Mbere, bivugwa ko Ingabo za FARDC zishyigikiwe n’inyeshyamba za Wazalendo, zagabye igitero cyo kwisubiza uyu mujyi uherereye ku mupaka uhuza intara za Masisi na Walikale.

Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano muri Walikale agera kuri ACTUALITE.CD, dukesha iyi nkuru, avuga ko inyeshyamba za AFC / M23 zasubiye inyuma zerekeza Kasopo. Abaturage bahungiye mu bihuru batangaje ko bumvise ibisasu bikabije ku wa Mbere.

Kuri ubu, biravugwa ko FARDC (Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo) na Wazalendo bongeye kwigarurira Buhimba. Nta makuru arambuye aratangazwa ku bijyanye n’iyi mirwano cyangwa abayiguyemo.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *