Banki Nyafurika itsura Amajyambere, BAD itangaza ko icyorezo cya Coronavirus cyatumye ubukungu bw’Isi busubira inyuma kizatuma umubare w’abantu bari mu murongo w’ubukene bukabije muri Afurika biyongera bakava kuri miliyoni 28 bakagera kuri miliyoni 49.2 mu mwaka wa 2021.
Raporo ya ‘Africa Economic Outlook 2020’ yasohowe n’iyi Banki kuri uyu wa Kabiri yakozwe hibanzwe ku gusuzuma ingaruka zatewe n’icyorezo cya Coronavirus mu bukungu, Muri iyi raporo, Banki nyafurika ivuga ko kuva Covid-19 yatangira ubukungu bw’ibihugu bwahise busubira hasi ugereranyije n’umusaruro mbumbe buri gihugu cyari gisanzwe kibona, mugihe abaturage bo bakomeje kwiyongera cyane bakaruta umusaruro winjira, byose bikiyongeraho gutakaza akazi ku bari bagafite mbere yicyorezo.
Raporo isobanura ko abanya-Afurika barenga miliyoni 773.4 bari barabonye akazi mu 2019, aho byari biteganyijwe ko baziyongera bakagera kuri miliyoni 792.7 mu mwaka wa 2020. Bitewe n’icyorezo cya Covid-19 ibi ntibizagerwaho kuko yagaragaje ko abagera kuri miliyoni 24.6 bazaba baratakaje akazi mu 2021.
Muri rusange abari mu murongo w’ubukene tugendeye ku gipimo mpuzamahanga ku bukungu baziyongera bave kuri miliyoni 425.2 bagere kuri miliyoni 453.4, naho abo mu bukene bukabije bazava kuri miliyoni 28.2 bagere hagati ya miliyoni 34 na 49.2.
Igipimo mpuzamahanga ku bukungu kivuga ko umuntu uri mu murongo w’ubukene ari utabasha kwinjiza nibura 1.90$ ku munsi.
Africa Economic Outlook ivuga ko ibihugu bya Nigeria na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aribyo bizagira ubukene bukabije buri hejuru kurusha ibindi. Ibi bikaba ari nabyo bihugu bifite abaturage benshi kuri uyu mugabane.


