Nigeria: Uhagarariye abadepite yasabye ko abafata ku ngufu bajya bakonwa

Sangiza iyi nkuru

Uhagarariye umutwe w’abadepite muri Nigeria, Femi Gbajabiamila kuri uyu wa 15 Nyakanga 2020 yatanze igitekerezo cy’uko leta yajya ikona abantu bahamwe n’icyaha cyo gufata ku ngufu mu rwego kugica burundu.

Gukona (Surgical castration/orchiectomy) ni igikorwa cyo gukura udusabo tw’intanga (testicles) mu muhungu, umusore cyangwa umugabo. Iyo habayeho iki gikorwa, ugikorewe ntaba akibonye ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina kuko igitsina cye ntikibona umurego. Ikindi kandi, ntabwo yabasha kubyara.

Iki gitekerezo Depite Gbajabiamila yagitanze ubwo ubuyobozi bw’umuryango ushinzwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, MARS-V (Movement Against Rape and Sexual Violence) bwakirwaga mu Nteko Ishinga amategeko.

Imibare y’abafatwa ku ngufu muri Nigeria iri kwiyongera cyane, uyu mudepite akaba abona ko zimwe mu mpamvu zikomeye zibitera ari amategeko yashyizweho adakarishye.

Yibaza impamvu leta ya Nigeria itarwanya iki cyaha nk’uko ibigenzereza icyorezo cya Covid-19 kandi byombi bihangayikishije abenegihugu. Ati: “Iki kibazo cyakabaye gifatwa nk’uko icyorezo cya Covid-19 gifatwa. Kuri iki cyorezo, murashaka urukingo. Nta muntu w’umurwayi wakabaye aryamana n’uruhinja rw’amezi atatu y’amavuko.”

Imibare igaragaza ko mu mezi atanu ashize, abantu bakabakaba 7900 bafashwe ku ngufu muri Nigeria. Muri bo, hatangajwe 710, abandi basigaye banga kubishyira ku karubanda. Bigaragara ko mu bafashwe ku ngufu, 95% ari ab’igitsina gore, abasigaye ni ab’igitsina gabo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *