Ku mugabane w’Afurika by’umwihariko mu bihugu nk’Afurika y’Epfo, ubusugi ni ikintu cy’ingenzi ku mukobwa utarashaka umugabo. Ni ikimenyetso cy’uko umukobwa ari umwizerwa kuko aba yariyemeje kudahemukira uwo bazashingana urugo; yaba amuzi cyangwa atamuzi.
Kugira ngo abantu bamenye niba umukobwa yarakomeye kuri uko kwitwararika, hari abahitamo kumupima bifashishije uburyo butandukanye. Muri Afurika y’Epfo, gupima ubusugi bikorerwa mu mugenzo witwa ‘Umhlanga’. Ukorwa cyane mu bwoko bw’Abazulu biganje mu Ntara ya Kwa Zulu Nathal, ariko cyane cyane mu gace ka Umhlanga wakomotsemo.
Ubusugi bupimwa bute?
Uyu mugenzo ukorerwa mu cyumba cy’umwiherero. Umukobwa ugiye gupimwa aryama agaramye, amaguru yayatandukanyije, umupima amuri iruhande. Upima akoresha ibiganza byombi, agafungura igitsina cy’umukobwa maze akitegerezamo neza, akareba niba urugingo rw’ubusugi (hymen) rutarangiritse.
Nyuma yo kwitegereza agasanga urwo rugingo nta kibazo rufite, umukobwa arahanguruka, akongera akambara imyambaro ye, nyuma agahabwa icyemezo kigaragaza ko ari isugi.
Uyu mugenzo ntabwo uvugwaho rumwe ndetse hari ubwo wateje impaka, bamwe mu baturage bifuza ko hajyaho itegeko rihana abawukora. Bemeza ko ukorewe uyu muhango aba ateshejwe agaciro gusa abawushyigikira babona ko ugira akamaro, kuko ngo umukobwa uzi ko azawukorerwa, aritwararika ku buryo adashobora gusambana, byamuvuramo ingaruka nko gutwita cyangwa kwandura izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina nk’agakoko gatera SIDA.



8 Responses
Menya ibirambuye ku muhango wo ‘Gupima Ubusugi’ ukorwa cyane muri Afurika y’Epfo
Mwiriwe nezacane nukuri,uwomugenzo nimwiza cane kuko watwaye,umwigeme nkuwo.ugira,ivyishimo kowatwaye,uwarezwe neza.vyaribikwiye gukwira,isiyose.vyotuma,indero,igaruka heshi
Menya ibirambuye ku muhango wo ‘Gupima Ubusugi’ ukorwa cyane muri Afurika y’Epfo
Mwiriwe nezacane nukuri,uwomugenzo nimwiza cane kuko watwaye,umwigeme nkuwo.ugira,ivyishimo kowatwaye,uwarezwe neza.vyaribikwiye gukwira,isiyose.vyotuma,indero,igaruka heshi
Menya ibirambuye ku muhango wo ‘Gupima Ubusugi’ ukorwa cyane muri Afurika y’Epfo
Sha iyaba byabaga hose .uzikwifata uziko uzashaka umukobwa muzima ukamuzana wagirango abyaye nka 2 nagahinda umuntu asazana kandi ntiwakongera kumwizera akenshi uba uzi ko nubundi arikirara bitewe nuko wamusanze.mubireke kandi ntiwareka gushaka ngo uzabona isugi kuko ntiwabyizera Inama naha abakobwa nukwiyubaha
Menya ibirambuye ku muhango wo ‘Gupima Ubusugi’ ukorwa cyane muri Afurika y’Epfo
Sha iyaba byabaga hose .uzikwifata uziko uzashaka umukobwa muzima ukamuzana wagirango abyaye nka 2 nagahinda umuntu asazana kandi ntiwakongera kumwizera akenshi uba uzi ko nubundi arikirara bitewe nuko wamusanze.mubireke kandi ntiwareka gushaka ngo uzabona isugi kuko ntiwabyizera Inama naha abakobwa nukwiyubaha
Menya ibirambuye ku muhango wo ‘Gupima Ubusugi’ ukorwa cyane muri Afurika y’Epfo
Nabishima bagiye bapima abahungu n’abakobwa.Gupima abakobwa gusa ni ubusumbane.Abagabo murikunda koko.
Menya ibirambuye ku muhango wo ‘Gupima Ubusugi’ ukorwa cyane muri Afurika y’Epfo
Nabishima bagiye bapima abahungu n’abakobwa.Gupima abakobwa gusa ni ubusumbane.Abagabo murikunda koko.
Menya ibirambuye ku muhango wo ‘Gupima Ubusugi’ ukorwa cyane muri Afurika y’Epfo
Amahoro cyane hano, nfise ikibazo kimwe nipfuza kumenya.:vyoshoboka gute? Umukobwa gutakaza ubusugi ukoresheje intoke zompi?Birashoboka canke? Munyishuye muzoba mugize neza murakoze
Menya ibirambuye ku muhango wo ‘Gupima Ubusugi’ ukorwa cyane muri Afurika y’Epfo
Amahoro cyane hano, nfise ikibazo kimwe nipfuza kumenya.:vyoshoboka gute? Umukobwa gutakaza ubusugi ukoresheje intoke zompi?Birashoboka canke? Munyishuye muzoba mugize neza murakoze