Polisi isaba abantu kwirinda Covid-19 batarajya muri kasho kuko “ari bo bayijyanamo”

Sangiza iyi nkuru

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 20 Nyakanga 2020, yasabye abantu kwirinda icyorezo cya Covid-19 batarajya muri kasho kuko ari bo bayinjizamo.

Ni igisubizo yatanze ubwo we na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Ngamije Daniel babazwaga ku ngamba zafashwe mu kurwanya Covid-19 muri kasho, nyuma y’aho bigaragaye ko aha hantu hacumbikirwa abafungwa hakomeje kugaragaramo abanduye iki cyorezo.

Tariki ya 29 Nyakanga 2020 ni bwo Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko muri kasho ya Nyamugari iherereye mu Karere ka Ngoma hagaragaye itsinda ry’abafungwa 72 banduye Covid-19, abo bahuye n’abanduriye i Rusumo mu Karere ka Kirehe. Hakomeje kugaragara abafungwa banduye muri ako karere no mu tundi nka Nyabihu, ndetse no mu mujyi wa Kigali.

Kugira ngo imibare idakomeza kwiyongera muri za kasho, CP Kabera yatangaje ko iki cyorezo abantu bagomba kucyirinda, bataranateganya gukora ibyaha ngo bajye muri kasho. Ati: “ Birumvikana ko niba wumva uzakora n’ibyaha ahubwo ukwiriye kuba ufata ingamba zikomeye cyane, abantu rero nibirinde kino cyorezo batarajya muri kasho, bacyirinde kuko ni nabo bakijyanamo.”

Hafashwe ingamba zo kugabanya abandurira muri kasho

Minisitiri Dr. Ngamije yatangaje ko hafashwe ingamba zigamije kugabanya umubare w’abandurira muri kasho. Ingamba ya mbere irimo ishyirwaho n’ibigo byo kunyuramo by’agateganyo (transit centers) mbere y’uko umuntu ajyanwa muri kasho, ngo basangemo abandi.

Abari muri kasho, na bo babanza gupimwa mbere y’uko basangishwa abavuye mu bigo byakira abafungwa by’agateganyo. Nyuma yo gupima abo ku mpande zombie, abagaragayeho Covid-19 bajyanwa aho bavurirwa, abazima bagahuzwa. Yakomeje avuga ko izi ngamba zafashwe no ku bantu bahura n’abafungwa nk’abapolisi babacungira umutekano.

Kuba harafashwe izi ngamba ariko n’ubu bikaba bigaragara ko hari abafungwa bakomeje kugaragaraho iki cyorezo, Dr. Ngamije yatangaje ko impamvu ari uko ibimenyetso bya Covid-19 bigaragara ku muntu hashize iminsi 14. Kuri we, ngo nta gitangaza kirimo kumva habonetse abandi bantu bandura iki cyorezo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *