Mu mu mujyi wa Omdurman muri Sudani, kuri uyu wa 23 Nyakanga 2020 habonetse imirambo y’abasirikare bakuru 28 bagerageje guhirika ubutegetsi bwa Omar al Bashir mu 1990.
Aya makuru yemejwe n’umushinjacyaha Tagelsir Al-Hebr kuri uyu wa Kane, yemeza ko gushakisha iyi mirambo biri mu bigize iperereza ku byaha Gen. Bashir ashinjwa ubwo yari ku butegetsi.
Tagelsir Al-Hebr mu nkuru ya Le Monde yagize ati: “Bitwaye ibyumweru bitatu ndetse twifashishije abahanga barenga 22 kugira ngo tumenye aho imirambo iherereye.”
Mu gihe abaganga bagiye gupima iyi mirambo ngo hamenyekano ba nyirayo, operasiyo irakomeza gukorwa, hashakishwa abandi bishwe.
Gen. Omar al Bashir yategetse Sudani ahiritse ubutegetsi mu 1989. Yabuvuyeho na we ahiritswe muri Kanama 2019, atabwa muri yombi aho ubu afungiwe muri gereza nkuru ya Kober iri mu murwa wa Khartoum, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kunyereza umutungo na ruswa.
Urukiko Mpuzamahanga Mpuzamahanga rw’i La Haye rwamushyiriyeho impapuro zimuta muri yombi, rumukurikiranyeho ibyaha byibasiye inyokomuntu na jenoside yakorewe mu Ntara ya Darfur.
Tariki ya 21 Nyakanga 2020, hatangiye urubanza ruburanisha Bashir ku butegetsi yahiritse mu 1989, aho yaba yarishe itegekonshinga n’ihame rya gisirikare. Icyaha kiramutse kimuhamye, yakatirwa igihano cy’urupfu.


