MG - BELO HORIZONTE - 08/03/2026 - MINEIRO 2026, CRUZEIRO X ATLETICO - BRIGa generalizada entre jogadores do Cruzeiro e jogadores do Atletico durante partida no estadio Mineirao pelo campeonato Mineiro 2026. Foto: Gilson Lobo/AGIF

Yatanze amakarita 23 atukura mu mukino umwe

Sangiza iyi nkuru

Abari baje kureba umupira w’amaguru hagati y’amakipe y’amakeba, Cruzeiro na Atlético Mineiro, batahanye amatsiko n’urujijo nyuma y’aho umukino wahindutse imvururu zikomeye, bigatuma umusifuzi atanga amakarita atukura agera kuri 23 mu mukino umwe.

Uyu mukino wari utegerejwe n’abafana benshi muri Brazil, watangiye ari umukino w’ishiraniro ariko uza kurangira nabi cyane ubwo amakimbirane yatangiraga hagati y’abakinnyi. Byatangiye ari amagambo n’amakimbirane yoroheje, bidatinze byahindutse imirwano y’inkundura yakwiriye mu kibuga cyose.

Umusifuzi w’umukino, abonye ko ibintu birenze kugarurwa mu buryo busanzwe, ntiyazuyaje. Yatangiye kwerekana amakarita atukura ku mpande zombi, yirukana abakinnyi bari mu kibuga ndetse n’abasimbura binjiye mu mivurungano. Habazwe amakarita 23 yose hamwe, bituma uyu mukino wandika amateka mabi mu mupira w’amaguru muri Brazil.

Abashinzwe umutekano n’abayobozi b’umupira w’amaguru muri Brazil bavuze ko ibyakozwe biteye isoni kandi ko amakipe yombi agomba gufatirwa ibihano bikomeye cyane.

Uyu mukino wabaye ku cyumweru tariki ya 8/3/2026 wibukije benshi uwo muri Argentina mu mwaka wa 2011, aho umusifuzi yerekanye amakarita 36.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *