Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Senegal (FSF) ryamaze kujuririra icyemezo cyafashwe na CAF cyo gutangaza Morocco nk’iyegukanye AFCON 2025.
Urukiko Nkemurampaka rw’Imikino, Court of Arbitration for Sport (CAS), rwemeje ko rwakiriye ubu bujurire ku wa 25 Werurwe 2026.
Mu nyandiko y’ubujurire, Senegal isaba ko icyemezo cya CAF giteshwa agaciro burundu, ndetse igatangazwa nk’iyatsinze nyakuri irushanwa rya AFCON 2025.
Ibi bije mu gihe hakomeje impaka ku byavuye muri iri rushanwa, aho impande zitandukanye zitavuga rumwe ku cyemezo cyafashwe.
CAS izasuzuma neza dosiye yashyikirijwe n’impande zombi mbere yo gufata umwanzuro wa nyuma, uzagena niba icyemezo cya CAF kigumaho cyangwa gihindurwa.
Iyi dosiye ishobora kugira ingaruka zikomeye ku mupira w’amaguru muri Afurika, cyane cyane ku cyizere cy’imiyoborere y’amarushanwa akomeye nka AFCON.


