Ibyavuye mu iperereza ry’ibanze ku mugore uvuga ko yasambanyijwe nyuma yo kwicirwa umugabo

Sangiza iyi nkuru

Uwimbabazi Irene ni umugore utuye mu mudugudu wa Muhororo, Akagari ka Buhoro, Umurenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango. Yavuze ko yasambanyijwe n’abo atazi, nyuma y’urupfu rw’umugabo we, Nzayisenga John rwo ku wa 12 Mata 2020 bivugwa ko yazize inkoni yakubiswe tariki ya 28 Gashyantare 2020 ashinjwa ubujura.

Ukekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Nzayisenga ni umucuruzi witwa Majyambere Simon, uwo akaba ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubushinjacyaha nk’uko Umuvugizi wa RIB, Bahorera Dominique yabitangarije bwiza.com tariki ya 1 Kanama 2020.

Muri iki gihe uyu mugore akomeje gukurikirana dosiye y’urupfu rw’umugabo we, amakuru yatambutse mu binyamakuru nka The Chronicles yavuze ko Uwimbabazi aterwa ubwoba na Majyambere ndetse ngo yigeze kumwandikira ubutumwa ku gapapuro, amutega iminsi.

Uhagarariye Urwego rw’Ubugenzacyaha mu Karere uzwi ku izina ry’akazi nka DCI (District Chief Investigator) witwa Gaspard Musangirumutima, ashinjwa ubushake buke mu gukurikirana iyi dosiye, Uwimbabazi mu kiganiro yagiranye na TV1 akaba yaravuze ko uyu mugenzacyaha yamubwiye ngo : “Abagabo bararutanwa mada” icyo gihe ngo yongeyeho kumubwira ko yajya kurera abana, akava muri ibi byo gushakira umugabo we ubutabera.

Bwiza.com yabajije Bahorera ku kibazo cya DCI, asubiza ko ikibazo cye kiri kwigwaho n’akanama k’imyitwarire, nigasanga yarakoze amakosa, na we azabihanirwe. Ati: “Irimo gukurikiranwa mu rwego rwa discipline, nibasanga hari amakosa ya discipline yakoze, azashyikirizwa akanama gashinzwe discipline mu bakozi ba RIB.”

Bivugwa ko Uwimbabazi yasambanyijwe ku gahato, gusa iperereza ry’ibanze rirabivuguruza

Bivugwa ko mu ijoro rya tariki ya 27 Nyakanga 2020, Uwimbabazi yashimuswe n’abantu bataramenyekana, icyo gihe ngo yarokotse urupfu kuko abamuvanye mu rugo bashakaga kumuroha mu mugezi uri hepfo y’urugo rwe. Ngo icyo gihe mu gitondo yatahuwe n’umuturanyi, arahamukubira, akaba yarajyanwe kuvurirwa mu Kigo Nderabuzima cya Byimana.

Abo bantu bataramenyekana ngo ni bamusambanyije ku gahato. Byatumye RIB yohereza itsinda ry’abagenzacyaha aho icyaha cyabereye, ryegeranya ibimenyetso kandi ryihutira kugeza uwahohotewe kuri Isange One Stop Center kugira ngo ahabwe ubutabazi buhabwa abakorewe icyo cyaha iperereza kuri iri hohoterwa Uwimbabazi yaba yarakorewe nk’uko yabitangaje mu ijoro ry’uyu wa 6 Kanama 2020.

Uru rwego rwatangaje ko iryo “perereza ry’ibanze rishingiye ku bimenyetso by’abahanga, rigaragaza ko Uwimbabazi atigeze asambanywa.” Gusa ngo ibindi bimenyetso byakuwe ahabereye icyaha biracyasuzumwa na Laboratwari y’Igihugu (Rwanda Forensic Laboratory) kugira ngo hamenyekane ukuri ku kibazo cya Uwimbabazi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *