Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, aratekanye nyuma y’amakuru y’ibisasu byaturitse mu mujyi wa Damascus rwagati mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, aho ari mu ruzinduko nk’uko byatangajwe na Champs Elysee.
Macron ari mu murwa mukuru, Damascas, kugira ngo aganire na mugenzi we wa Syria, Ahmed al-Sharaa, mu biganiro bibera mu ngoro ya perezida.
Umukozi ushinzwe umutekano yabwiye BBC ko iturika ryatewe n’ibisasu bibiri byari biteze kandi ko abantu benshi bakomeretse.
Nyuma yo muri Syria, Macron yiteguye kwerekeza muri Turkiya mu nama ya OTAN.
Uru ruzinduko “rukomeje nk’uko byari biteganyijwe”, nk’uko bivugwa na Perezidansi y’u Bufaransa.
Nyuma y’amakuru y’ibisasu byaturitse muri uwo mujyi, amashusho na videos ku mbuga nkoranyambaga byagaragaje umwotsi n’inkongi by’umuriro bizamuka mu modoka yari hafi ya hotel yo mu murwa mukuru wa Syria.
Ubwo ayo makuru yatangazwaga, televiziyo ya leta ya Syria yavuze ko al-Sharaa yakiriye Macron mu ngoro ya perezida.


