Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi, yahaye Ingabo za Uganda (UPDF) imodoka nshya 10 zo mu bwoko bwa Toyota Land Cruiser Pickup, zigenewe kongerera imbaraga ibikorwa byazo biri gukorwa mu burasirazuba bwa Congo mu rwego rwa Operation Shujaa.
Izi modoka zashyikirijwe ubuyobozi bwa UPDF mu muhango wabereye i Beni mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Guverineri w’iyo ntara, Maj. Gen. Somo Kakule Evariste, wari uhagarariye Perezida Tshisekedi, yavuze ko iyi nkunga igaragaza uburyo ubutegetsi bwa RDC bushima ubufatanye buri hagati y’ibihugu byombi mu rugamba rwo kurwanya umutwe wa ADF.
Yasobanuye ko ibikorwa bihuriweho n’ingabo za RDC (FARDC) na UPDF byagize uruhare rukomeye mu kuzamura umutekano mu bice byinshi byo mu burasirazuba bwa Congo, ndetse bikorohereza abaturage benshi basubira mu byabo nyuma yo kuva mu byabo kubera umutekano muke.
Ku ruhande rwa Uganda, Maj. Gen. Stephen Mugerwa, uyobora umutwe wa UPDF ukorera muri Operation Shujaa, yashimiye Perezida Tshisekedi kuri iyo nkunga. Yavuze ko ari ikimenyetso cy’icyizere n’ubufatanye bukomeje kuranga ibihugu byombi, anashimangira ko UPDF na FARDC bazakomeza ibikorwa byo guhiga no guhashya abarwanyi ba ADF kugeza batsinzwe burundu.
Operation Shujaa yatangiye mu Ugushyingo 2021 nyuma y’ibitero by’iterabwoba ADF yagabye muri Uganda. Kuva icyo gihe, ubuyobozi bwa gisirikare buvuga ko ibikorwa by’uyu mutwe bihuriweho byagabanyije ubushobozi bwa ADF, bituma abaturage benshi basubira mu ngo zabo, bamwe mu bashimuswe bagatabarwa, ndetse bamwe mu bayobozi bakuru b’uyu mutwe bakicwa.
Umutekano wiyongereye kandi watumye amashuri yongera gufungura mu bice bimwe na bimwe, ubucuruzi bwambukiranya umupaka hagati ya Uganda na RDC burazamuka. Hanubatswe cyangwa hasanwa imihanda irimo Beni–Kasindi, Beni–Biakato, Biakato–Mangina na Luna–Komanda, yorohereza ubuhahirane n’ikorwa ry’ingendo hagati y’ibihugu byombi.


