AP26059036359345

USA: Umukambwe Joe Biden wahoze ari perezida ararembye

Sangiza iyi nkuru

Umuhungu wa Joe Biden, Hunter Biden, yatangaje mu kiganiro yagiranye na BBC ko kanseri ya prostate (ifata mu myanya ndangagitsina y’abagabo), se arwaye, yageze mu magufwa ikaba itera ububabare bukabije.

“Kanseri yarakwirakwiye, igera mu magufwa ndetse n’ahandi,” ni ko Hunter Biden yabwiye ikiganiro “Newsnight” cya BBC, nk’uko bigaragara mu mashusho yashyizwe kuri interineti ku wa Gatanu.

Yakomeje agira ati: “Ituma umuntu ababara cyane kandi ikamuca intege nke mu buryo bwinshi.”

Umuvugizi wa Biden w’imyaka 83 yanze kugira icyo avuga kuri icyo kiganiro cya Hunter Biden ku wa Gatandatu. Muri Gicurasi 2025, hashize amezi atageze kuri ane avuye muri White House, Biden yatangaje ko yasanzwemo ubwoko bwa kanseri ya prostate “ikwirakwira vuba kandi ikomeye,” avuga ko icyo gihe yari yamaze kugera no mu magufwa.

Umuvugizi wa Biden yatangaje mu kwezi k’Ukwakira ko yari ari guhabwa ubuvuzi bwo gukoresha imirasire (radiation) ndetse n’imiti igenzura imisemburo (hormone therapy).

Biden ni we muntu mukuru mu myaka kurusha abandi watsindiye kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika igihe yatorwaga mu 2020.

Ubuzima bwe Biden ndetse n’ubushobozi bwe bwo gutekereza neza byagiye bigibwaho impaka no gukurikiranwa cyane mu gihe cy’ubutegetsi bwe kuva mu 2021 kugeza mu 2025.

Biden yitabiriye umuhango wo gutaha isomero ry’amateka ryitiriwe Perezida Barack Obama muri Chicago muri Kamena.

Biden kandi yabaye Visi Perezida wa Obama kuva mu 2009 kugeza mu 2017. Igitabo cya Biden kivuga ku mateka ye nk’uwahoze ari Perezida giteganyijwe gusohoka ku wa 17 Ugushyingo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply