HPOUjspXUAAMmAO_copy_1000x687

AFC/M23 iremeza ko abantu 6 mu bo yashyikirijwe na Kinshasa itabazi

Sangiza iyi nkuru

AFC/M23 ku wa Gatandatu yatangaje ko muri ba bantu 15 Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yarekuye ikabashyikiriza uyu mutwe, icyenda gusa ari bo wemera ko bari ku rutonde rw’abantu ufitanye isano na bo, mu gihe abandi batandatu batari kuri urwo rutonde.

AFC/M23 yabivuze mu itangazo yasohoye ku wa 8 Kanama 2026, nyuma y’uko abo bantu 15 bashyikirijwe uyu mutwe i Bunagana ku wa 7 Kanama, mu gikorwa cyafashijwemo na Komite Mpuzamahanga ya Croix-Rouge (ICRC).

AFC/M23 yavuze ko abo bantu bavuye ahantu hatandukanye hafungirwamo abantu muri Kinshasa, harimo gereza ya Makala, gereza ya Ndolo ndetse n’ahafungirwa abantu n’Urwego rw’Ubutasi rwa RDC (ANR), mbere yo kujyanwa i Beni no kuhava berekeza i Bunagana banyuze muri Uganda.

Uyu mutwe wavuze ko 9 muri 15 bashyikirijwe ari bamwe mu bantu bari ku rutonde rw’ababarirwa muri 768 wari waragejeje ku bahuza b’ibiganiro by’amahoro, usaba ko barekurwa nyuma yo gufungwa na Kinshasa bazira gukekwaho kuba bafitanye isano na wo.

 

Ku bandi batandatu AFC/M23 itemera, yavuze ko umwe ari Umunya-Uganda udafitanye isano na yo, mu gihe abandi batanu bafatiwe ahantu hatandukanye harimo Katanga, Ituri na Kinshasa, bakaba batari ku rutonde rwa 768 yari yaratanze.

AFC/M23 ivuga ko ibi bituma ihererekanywa ry’aba bantu 15 ritagaragara nk’aho Kinshasa yashyize mu bikorwa mu buryo bwuzuye ibyo yiyemeje mu masezerano ajyanye no kurekura abafungwa.

Uyu mutwe wavuze ko irekurwa ry’aba 15 ari intambwe ishimishije, ariko ko “umubare w’abarekuwe uracyari muto cyane ugereranyije n’ibyo wari witeze.”

 

AFC/M23 yasabye Kinshasa gushyikiriza abahuza urutonde rwuzuye kandi rugezweho rw’abafungwa batararekurwa, ndetse ikanatanga ingengabihe isobanutse y’igihe abandi bazarekurirwa.

Uyu mutwe kandi wavuze ko umaze hafi umwaka ushyikiriza ICRC abasirikare n’abarwanyi babarirwa mu bihumbi bafashwe ku ruhande rwa Guverinoma, barimo abasirikare ba FARDC n’abarwanyi ba Wazalendo, kugira ngo nabo bashyikirizwe Kinshasa.

 

Uvuga ko Kinshasa itarabyakira, kandi ukagaragaza impungenge ko kutakira abo bantu bishobora gukoreshwa nk’impamvu yo gukomeza gufunga abantu AFC/M23 ivuga ko bafungiwe i Kinshasa.

Mu gihe Guverinoma ya RDC ivuga ko ihererekanywa ry’abantu 15 ari ikimenyetso cy’ubushake bwayo bwo kubahiriza amasezerano ya Doha, AFC/M23 yo ivuga ko icyemezo cya Kinshasa ari “intambwe nziza ariko idahagije”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply