IMG-20260812-WA0011

Nigeria: Abapolisi 10 biciwe mu mirwano yabahuje n’ibisambo

Sangiza iyi nkuru

Muri Nigeria, abapolisi icumi, abasivili babiri, n’abakekwaho kuba abajura 17 bishwe mu gitondo cyo kuwa Kabiri, itariki ya 11 Kanama, mu mirwano yahuje inzego z’umutekano n’itsinda rinini ry’abagizi ba nabi ku mupaka uhuza leta za Zamfara na Kebbi.

Abapolisi n’ingabo zari zaroherejwe mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Nigeria iminsi mike mbere yaho mu rwego rwo gukumira ibikorwa by’abagizi ba nabi.

Nk’uko byatangajwe n’itangazamakuru ryo muri Nigeria, abantu bagera kuri 240 bitwaje intwaro baturutse muri Leta ya Zamfara berekezaga mu mujyi wa Rafin Makuku muri Leta ya Kebbi ubwo bagaragaraga.

Aya makuru avuga ko abagizi ba nabi bari ku mapikipiki, bari bagiye mu byiciro bitatu bitandukanye, bigatera ubwoba abaturage bo mu duce twegeranye, basabwe gukomeza kuba maso.

Ubwo bageraga i Rafin Makuku ahagana saa tatu n’igice za mu gitondo kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki ya 11 Kanama, barwanye bikomeye n’abapolisi bari bashinzwe umutekano muri ako gace.

Iki gitero cyaguyemo abapolisi icumi, mu gihe abandi babiri “bakomeretse kandi bakaba bagikomeje kwitabwaho n’abaganga,” nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa polisi ya Zamfara.

“Abaturage basanzwe babiri na bo bahasize ubuzima muri iyo mirwano,” mu gihe abajura bitwaje intwaro 17 na bo bahasize ubuzima.

Ingabo za Nigeria zari zamaze gukora ibitero byo mu kirere ku wa Mbere mu rwego rwo kugerageza guhagarika urujya n’uruza rukomeye rw’abo bantu bitwaje intwaro, kandi ibikorwa bya gisirikare biracyakomeje muri ako gace.

Ku rundi ruhande, ku wa 6 Kanama, ubutegetsi bwa Nigeria bwatangaje ko bwarekuye abantu barenga 300 bari barashimutiwe mu ntara zitandukanye zo mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Nigeria (ari zo Kebbi, Kwara na Niger).

Imibare yatanzwe n’imiryango iharanira inyungu za rubanda, ivuga ko abana 25 bahasize ubuzima igihe bari mu maboko y’abashimusi mu ishyamba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply