Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yunamiye abasirikare ba SADC baguye mu ntambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ubwo bari bahanganye na M23, ashimangira ko urupfu rwabo rukwiye gutuma akarere gakomeza gushaka umuti w’amahoro w’iyo ntambara.
Ramaphosa yabivuze ku wa 14 Kanama 2026 mu kiganiro rusange cyabereye muri Kaminuza ya KwaZulu-Natal, iruhande rw’inama ya 46 ya SADC.
Yavuze ko ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa RDC gikomeje kuba “ikigeragezo gikomeye kurusha ibindi” ku bushake bw’ibihugu bya SADC bwo gukorera hamwe.
Mu ijambo rye, Ramaphosa yibukije abasirikare bo mu bihugu bya SADC bari bagize ubutumwa bwa SADC muri RDC (SAMIDRC) baguye mu mirwano ikomeye yabereye hafi ya Goma mu ntangiriro za 2025, ubwo M23 yari iri mu gikorwa cyo kwigarurira uwo mujyi.
Afurika y’Epfo ni yo yatakaje abasirikare benshi muri iyo mirwano, aho abasirikare 14 ba SANDF bishwe, nk’uko imibare yemejwe na Guverinoma ya kiriya gihugu ibyerekana.
Muri rusange, abandi basirikare baturutse muri Malawi na Tanzania na bo baguye mu mirwano yari ikomeye mu gihe M23 yafataga Goma. Igihe imirambo yatwarwaga muri Gashyantare 2025, hari habaruwe abasirikare 18, barimo 14 ba Afurika y’Epfo, ndetse n’aba Malawi n’Abanya-Tanzania.
Ramaphosa yavuze ko abo basirikare bari boherejwe gufasha mu bikorwa byo kugarura amahoro n’umutekano, kandi ko bakoranye inshingano zabo “ubutwari n’ubwitange”, ariko bamwe muri bo ntibagaruke.
Ati: “Turunamira abatanze ubuzima bwabo bazira amahoro. Tugomba gukomeza gushaka umuti w’amahoro w’iyi ntambara yateje irimbuka n’imibabaro myinshi, tubikora ku bwabo, ku bw’imiryango yabo ndetse no ku bw’Abanye-Congo.”
Ramaphosa yavuze kandi ko ikibazo cya RDC gifite ingaruka zirenze umutekano, kuko intambara imunga iterambere ry’akarere. Yavuze ko ishoramari ridashobora gutera imbere ahari amakimbirane, serivisi z’ibanze z’abaturage zikagorana gutangwa mu gace kari mu ntambara, ndetse n’imihanda y’ubucuruzi y’akarere ikaba idashobora gukora neza mu gihe hatari umutekano.
Ibi yabitangaje mu gihe imirwano hagati y’ingabo za RDC na AFC/M23 ikomeje, nubwo hari inzira za dipolomasi zirimo Amasezerano ya Washington n’ibiganiro bya Doha.
Ramaphosa yongeye gusaba ko inzira ya dipolomasi ari yo ihabwa umwanya mu gushakira umuti ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa RDC.


