Umuryango wa Paul Rusesabagina uherereye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika wahisemo Abanyamategeko barega u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye barushinja kumufata rudakurikije amategeko y’igihugu na mpuzamahanga.
Rusesabagina ufungiwe muri kasho ya polisi i Remera mu Karere ka Gasabo, yatangaje ko yahawe amahirwe yo kwihitiramo abunganizi mu mategeko bazamuburanira, ku rutonde yahawe ahitamo Me David Rugaza.
Umuryango wa Paul Rusesabagina ntiwemera uburyo yahitamo uyu munyamategeko ku bushake kandi batabiganiriyeho. Wanze ko Me David Rugaza yazunganira uyu musaza w’imyaka 66 y’amavuko, bishyiroraho barindwi barimo Umunyarwanda umwe nk’uko tubikesha BBC.
Abo banyamategeko ni aba bakurikira: Gatera Gashabana wo mu Rwanda, Kate Gibson wo muri Australia, Jared Genser, Brian Tronic na Peter Robinson bo muri USA, Vincent Lurquin wo mu Bubiligi na Philippe Larochelle wo muri Canada.
Bitenyijwe ko mu gitondo cy’uyu wa 7 Nzeri 2020 ku masaha yo muri USA (mu masaha y’ikigoroba mu Rwanda) ari bwo aba banyamategeko bajya kurega u Rwanda muri UN.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha tariki ya 31 Kanama 2020 bwerekanye Rusesabagina urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, rutangaza ko akurikiranweho ibyaha iterabwoba, gushimuta, ubwicanyi n’ubusahuzi.


