Charles Ndereyehe ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside wari watawe muri yombi yarekuwe

Sangiza iyi nkuru

Charles Ndereyehe, Umunyarwanda utuye mu Buholandi ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yarekuwe nyuma y’amasaha make atawe muri yombi na Polisi y’u Buholandi.

Byemezwa n’abo mu ishyaka rya FDU-Inkingi abamo bavuze ko yarekuwe nyuma yo gusurwa n’umwunganizi we mu mategeko.

Mu kanya kashize Justin Bahunga ukuriye ishyaka FDU-Inkingi yabwiye BBC ko Ndereyehe yari mu nzira asubira iwe mu rugo.

Ati: “Bamaze kumurekura, umunyamategeko we yagiye kumureba nyuma baramurekura. Ubu ari gusubira mu rugo.”

Mu 2010, ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatanze inyandiko mpuzamahanga zo guta muri yombi Ndereyehe hamwe n’abandi Banyarwanda bwashinjaga uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ku munsi w’ejo ni bwo uyu mugabo ushinjwa kugira uruhare mu bwicanyi bwakorewe muri ISAR Rubona mu yahoze ari Perefegitura ya Butare yari yatawe muri yombi, afatiwe iwe mu rugo.

Uyu mugabo w’imyaka 70 y’amavuko, ashinjwa kuyobora inama zo gutegura Jenoside mu cyahoze ari ikigo cy’ubushakashatsi ku buhinzi, ISAR, yari akuriye mu gihe cya Jenoside na mbere yayo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside, Dr Bizimana Jean Damascène, yabwiye Radiyo Rwanda ko Ndereyehe yatawe muri yombi nyuma yo kwamburwa ubwenegihugu bw’Ubuholandi yari yarahawe.

Amakuru yavugaga ko Ndereyehe ashobora koherezwa mu Rwanda, n’ubwo abarwanashyaka ba FDU-Inkingi bari bamaganye icyo kifuzo cya Leta y’u Rwanda.

Magingo aya Ubuholandi ntacyo buratangaza ku ifatwa n’irekurwa rye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *