9dde304f21702c11d66e7f5855db46.jpg

Rutahizamu wa APR FC agiye kurongora umukobwa uba muri Canada

Sangiza iyi nkuru

Rutahizamu Danny Usengimana ukinira APR FC n’ikipe y’Igihugu Amavubi, yatangaje ko afite ubukwe buzaba mu kwezi gutaha k’Ukwakira.

Uyu musore yemeje amakuru y’ubukwe bwe binyuze mu ibaruwa z’ubutumire yashyize hanze ku munsi w’ejo ateguza abantu ubukwe bwe na N. Francine.

9dde304f21702c11d66e7f5855db46.jpg

Ni ubukwe buteganyijwe ku wa 08 Ukwakira, bukazabera mu murenge wa Niboye mu karere ka Kicukiro.

Nta byinshi bizwi ku mukobwa ugiye kurushingana na Danny Usengimana, gusa hari amakuru avuga ko umukunzi we aba mu gihugu cya Canada.

Danny Usengimana w’imyaka 24 y’amavuko, yamenyekanye cyane mu rukundo n’umukobwa witwa Djalia, gusa baza gutandukana nyuma gato y’uko uyu rutahizamu yari amaze kuva muri Police FC yerekeza muri Singida United yo muri Tanzania.

Usengimana yatangiriye umupira w’amaguru mu makipe y’abato ya Gasabo United na SEC Academy. Mu mwaka w’imikino wa 2014/15 yagiye mu Isonga FC, ayikinira umwaka umwe, aho yigaragaje ahita agurwa na Police FC.

Usengimana yahiriwe n’umwaka wa mbere w’imikino aba umukinnyi watsinze ibitego byinshi muri Shampiyona ya 2015/16 ndetse no muri shampiyona ya 2016/17.

Nyuma yo kugira ibihe byiza muri Police FC, uyu rutahizamu wari waratangiye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu guhera muri CHAN 2016, yabengutswe na Singida United yo muri Tanzania, ayikinira umwaka umwe.

Muri Kanama 2018, Usengimana Danny yerekeje muri Tersana Sporting Club yo mu Misiri, ariko ntiyahatinze kuko muri Gashyantare 2019 yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa APR FC akinira kugeza ubu. Mu mwaka ushize w’imikino yatwaranye nayo igikombe cya shampiyona, ayitsindira ibitego 11.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *