FC Barcelona: Umukinnyi umwe ni we usigaye mu bo umutoza Koeman atashakaga

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya FC Barcelona yamaze kwemeza ko yamaze kumvikana na Atletico Madrid, kuri Luis Suaréz ugomba kuyivamo akerekeza muri iyi kipe y’umutoza, Diego Simeone.

Suaréz yatanzweho miliyoni esheshatu z’ama -Euro.

FC Barcelona yamusezeyeho ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, gusa byitezwe ko umuhango nyir’izina wo kumusezeraho bya nyabyo uba kuri uyu wa Kane, aho na we agira ubutumwa aza kugenera abafana ba FC Barcelona.

Luis Suaréz atandukanye na FC Barcelona nk’umunyabigwi, dore ko mu mikino 283 yari amaze kuyikinira, yayitsindiye ibitego 198 bimugira uwa gatatu wayitsindiye ibitego byinshi mu mateka.

Suaréz kandi ni umwe mu bakinnyi batwaranye ibikombe byinshi na FC Barcelona, dore ko mu myaka itandatu yari ayimazemo yatwaye ibikombe 13 birimo na UEFA Champions league yo mu myaka itanu ishize.

Suaréz yari ku rutonde rw’abakinnyi batanu batifuzwaga n’umutoza Ronald Koeman, barimo bagenzi be batatu bamaze gutandukana na FC Barcelona.

Abo ni Ivan Rakitic wamaze gusubira muri Sevilla FC, Nelson Semedo wamaze gusinyira Wolvermpton yo mu Bwongereza na Arturo Vidal werekeje muri Internazional de Milano.

Izina rikibangamiye umutoza Ronald Koeman ni Samuel Umtiti, Umufaransa amakuru avuga ko bigoranye kugira ngo abe yabona aho ajya muri iyi minsi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *