Bivugwa ko hari undi muyobozi muri FDLR warashwe

Sangiza iyi nkuru

Ingabo za Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (FARDC) ziravugwaho kwica undi muyobozi wo muri FDLR zimurasiye muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Amakuru igitangazamakuru Interview.CD cyahamirijwe na Samson Rukera uyoboye societe civile muri Rutshuru avuga ko uwishwe azwi nka Desire Kifagiyo, akaba yararasiwe mu gace ka Biruma tariki ya 30 Nzeri 2020.

Iki gitangazamakuru kivuga ko bitewe no kurasana kwahabaye, abaturage ba Biruma bahunze ingo zabo. Gusa umutekano waragarutse, barongera bazisubiramo.

N’ubwo iki gitangazamakuru cyemeje iyicwa rya Desire Kifagiyo, nta ruhande rw’igisirikare cya RDC ruragira icyo rubitangazaho. Ikizwi ni uko izi ngabo kuva mu Kwakira 2019, zikomeje operasiyo zigamije guhashya imitwe yitwaje intwaro yashinze ibirindiro mu burasirazuba.

Iyi operasiyo yahawe izina rya Sokola 2 yiciwemo abarwanyi b’imitwe itandukanye, abandi bafatwa mpiri. Mu bo yagizeho ingaruka zikomeye, barimo n’abarwanyi b’imitwe irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda nka CNRD na FDLR.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *