Derek Chauvin, Umupolisi w’umuzungu wavuzwe mu rupfu rw’umwirabura witwa George Floyd rwateje impagarara ku Isi hose, yarekuwe ejo ku wa Gatatu nyuma yo gutanga ingwate ya miliyoni y’Amadorali ya Amerika.
Ni nyuma y’uko Chauvin wahoze ari umupolisi wa Amerika yari afungiye muri gereza ya Minnesota kuva mu mpera za Gicurasi uyu mwaka.
Irekurwa ry’uriya mupolisi ryamaganiwe kure na Ben Crump, umunyamategeko uhagarariye umuryango wa nyakwigendera George Floyd, wavuze ko ari “urwibutso rubabaje cyane rwo kuba bikiri kure ko ubutabera [muri Amerika] butangwa.”
Yunzemo ati: “Binyuze mu gutanga miliyoni y’amadorali, Derek Chauvin yaguze ukwidegembya nyuma yo gutwara ubuzima bwa George Floyd ku madorali 20.”
Byitezwe ko uyu mugabo w’imyaka 44 y’amavuko azongera kugezwa imbere y’ubutabera ku wa 08 Werurwe 2021 ari kumwe n’abandi bantu batatu, kugira ngo babazwe urupfu rwa Floyd rwakuruye imyigaragambyo ikomeye yamagana irondaruhu yabereye muri Amerika no hirya no hino ku Isi.
Muri Gicurasi tariki 25 mu mujyi wa Minneapolis, Derek Chauvin yafashwe amashusho atsikamiye ku gikanu cya George Floyd.
Uwo mwirabura wari uryamye ku butaka amaboko ye ahambiriye inyuma n’amapingu, yumvikanye asaba umupolisi kumuvaho asubiramo ko adashobora guhumeka, kugeza ashizemo umwuka.
Nyuma y’imyigaragambyo ikomeye yabaye, agahenge kagarutse nyuma y’iminsi ine muri Minneapolis no mu yindi mijyi ya Amerika, ubwo Derek Chauvin yari amaze gutabwa muri yombi.
George Floyd akimara gupfa, amagambo ye ya nyuma yagarutsweho n’abantu babarirwa muri za miriyoni bigabije imihanda basaba ko habaho ivugurura ry’abapolisi ndetse n’ubusumbane bushingiye ku moko.
Ku wa 11 Nzeri, Derek Chauvin yitabye umucamanza ari kumwe na bagenzi be, Alexander Kueng, Lane na Tou Thao.
Mu mpera za Ubushinjacyaha bwagaragaje ko bushaka ko bariya bapolisi bahanishwa igifungo kirekire cyihariye, kubera “ubugome bwihariye” bw’igikorwa cyabo.
Abashinjacyaha ntibasobanuye uburebure bw’igifungo bifuzaga, ariko igihano kinini cy’ubwicanyi muri Leta ya Minnesota ni imyaka 40.
Abaregwa ku rundi ruhande basabye ko ibyo baregwa byakurwaho, ngo kuko bakoresheje imbaraga zari zikenewe imbere y’umugabo warwanaga.


