Pierre Buyoya wayoboye u Burundi n’abandi 15 bakatiwe igifungo cya burundu

Sangiza iyi nkuru

Ubutabera bw’u Burundi kuri uyu wa 20 Ukwakira 2020 bwakatiye igifungo cya burundu Pierre Buyoya wayoboye iki gihugu inshuro ebyiri n’abandi bagera kuri 15 biganjemo abahoze ari abasirikare.

Aba 15 bakatiwe gufungwa burundu barimo: Ndayisaba Celestin, Nahigombeye Anicet, Niyonkuru Laurent, Gahungu Gabriel, Simbanduku Pascal, Nzosaba Juvenal, Sinarinzi Mamert, Nkurunziza Alfred, Daradanggwa Jean Bosco, Cishahayo Gerard, Kadege Marie Alphonse, Rukingama Luc, Bararunyeretse Libere, Mukasi Charles na Girukwigomba Astere.

Aba bose bazira uruhare bagize mu iyicwa rya Melchior Ndadaye wabaye Perezida w’u Burundi, ryabaye tariki ya 21 Ukwakira 1993.

Abandi 2; Niyungeko Vincent na Mushwabure Ildephonse bakatiwe igifungo cy’imyaka 20.

Naho Antoine Nduwayo wabaye Minisitiri w’Intebe ku butegetsi bwa Pierre Buyoya, yagizwe umwere nyuma yo kugaragara ko nta gihamya.

Pierre Buyoya yayoboye u Burundi kuva mu 1987 kugeza mu 1993, arongera abuyobora kuva mu 1996 kugeza mu 2003. Ubu ahagarariye Umuyobozi w’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe mu gace ka Sahel na Mali, izi nshingano akaba yarazihawe tariki ya 30 Mutarama 2013.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *