Luc Adolph Tiao wabaye minisitiri w’intebe wa nyuma ku ngoma ya Blaise Compaore wahoze ayobora Burkina Faso yafunzwe n’inzego z’umutekano akurikiranyweho kugira uruhare mu iyicwa ry’abaturage mu myigaragambyo yamagana leta mu 2014.
Armand Ouedraogo ukuriye ubushinjacyaha mu rukiko rukuru rwa Burkina Faso yabwiye ibiro ntaramakuru by’abafaransa ko Tiao yafashwe agafungwa kubera uruhare akekwaho mu iyicwa ry’abigaragambyaga.
Yagize ati, “Uwahoze ari minisitiri w’intebe Luc-Adolphe Tiao yarafashwe afungiye muri gereza ya Ouagadougou kuva kuwa gatanu 16 Nzeri 2016 mu gitondo kugira ngo akorweho iperereza ku byabaye mu mwaka wa 2014”.
Uyu mushinjacyaha yakomeje avuga ko bimwe mu byo ashinjwa harimo ubwicanyi, no kwijandika mu bugizi bwa nabi n’ubushotoranyi.
Tiao yari amaze umwaka n’igice muri Côte d’Ivoire mu buhungiro, akaba yaragarutse mu gihugu cye mu mpera z’icyumweru gishize; nyuma y’icyumweru urukiko rutangiye kumva ku bwiregure bwa bamwe mu bo bayoboranaga basigaye mu gihugu.
General Isaac Zida nawe wigeze kuba minisitiri w’intebe wahungiye muri Canada, ari kuburana muri Burkina Faso ku guhungabanya amahoro byabaye muri Burkina Faso igihe yari ari ku butegetsi.
Perezida wa Burkina Faso Roch Marc Christian Kabore yarahiye ko azakurikirana iperereza ku byaha byakozwe mu myivumbagatanyo yo mu 2014. Tiao ni we muntu ushinjijwe bwa mbere kugira uruhare mu rupfu rw’abantu 33 bishwe bamagana ingoma ya Blaise Compaore mu Ukwakira 2014.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Théogène U @Bwiza.com


