Kuri uyu wa 28 Ukwakira 2020, impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (CECAFA) yashyize hanze uko amakipe azahurira mu matsinda y’amarushanwa y’amakipe y’ibihugu, Amavubi yibona mu matsinda ya A.
Amavubi y’abatarengeje imyaka 17 y’amavuko azahura na Tanzania, Somalia na Djibouti mu gihe ay’abatarengeje imyaka 20 y’amavuko azahura na Erithrea na Sudani y’Epfo.
Uko amatsinda ateye mu batarengeje 17:
Itsinda A: Tanzania, Rwanda, Somalia na Djibouti.
Itsinda B: Burundi, Eritrea, Sudani y’Epfo na Uganda.
Itsinda C: Ethiopia, Kenya na Sudani.
Amatsinda y’abatarengeje imyaka 20:
Itsinda A: Rwanda, Eritrea na Sudani y’Epfo.
Itsinda B: Uganda, Ethiopia na Kenya.
Itsinda C: Sudan, Djibouti na Tanzania.
Imikino y’abatarengeje imyaka 17 izabera mu Rwanda, mu turere twa Rubavu na Huye guhera tariki ya 13 Ukuboza kugeza tariki ya 23 Ukuboza 2020.
Iy’abatarengeje imyaka 20 izabera muri Tanzania, guhera tariki ya 22 Ugushyingo kugeza tariki ya 5 Ukuboza 2020.
Aya marushanwa kandi ni yo azagena ibihugu bizahagararira Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba mu mikino y’igikombe cya Afurika, muri ibi byiciro byombi.


