fb_img_16043477630037959.jpg

Umugore wa Tshisekedi yasuye Ne Muanda umushinja kuba Umunyarwandakazi_Amafoto

Sangiza iyi nkuru

Umugore wa Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Denise Nyakeru, tariki ya 31 Ukwakira 2020 yasuye Zacharie Badiengila uzwi nka Ne Muanda Nsemi umushinja kuba Umunyarwandakazi.

Nk’uko Denise Nyakeru yabitangarije ku rubuga rwa Twitter kuri uyu wa 2 Ugushyingo 2020, icyamujyanye kureba Ne Muanda ni ukugira ngo baganire ku makuru ye no ku by’uruzinduko yagiriye mu Ntara ya Kongo Central.

Yagize ati: “Muri week-end iheruka, nasuye Zacharie Badiengila kugira ngo tuganire, mubwire iby’uruzinduko rwanjye mu Ntara ya Kongo Central. Nahagiriye ibihe byiza.”

Tariki ya 4 Mutarama 2020, Ne Muanda yasabye Perezida Tshisekedi kwegura ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, amushinja kurongora Denise Nyakeru yise Umunyarwandakazi.

Icyo gihe Ne Muanda yagize ati: “Icyo nengera Tshisekedi ni uko yazanye umugore w’Umunyarwandakazi. Iyo atabona umugore muri Kasai, yari kuza hano muri Kongo Central.” Kuba ngo Denise Nyakeru ari Umunyarwandakazi, bituma akorerwa u Rwanda nk’uko uyu munyapolitiki yabitangaje icyo gihe.

Byinshi kuri iyi ngingo biri muri iyi nkuru: http://www.bwiza.com/?DRC-Ne-Mwanda-Nsemi-wigize-perezida-yahaye-Kabila-amasaha-72-yo-kuva-mu-gihugu

Ne Muanda Nsemi ni umwe mu banyapotiki bamaze igihe kirekire muri RDC, washinze ishyaka rya Bundu dia Kongo, rigendera ku matwara ya gikirisitu. Azwi nk’umwe mu bakunze guteza akavuyo, mu gihe hari ingamba leta ya RDC ifashe atemeranya nayo, rimwe na rimwe agafungwa.

fb_img_16043477630037959.jpg Denise Nyakeru mu biro bya Ne Muanda Nsemi

fb_img_16043477556092988.jpg

fb_img_16043477346977070.jpg

fb_img_16043468910792635.jpg

el1zo-qxyaeoso1.jpg Umutekano wa Nyakeru wari wakajijwe hanze

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *