Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2020, umuherwe uzwi mu mujyi wa Goma muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) witwa Simba Ngezayo yishwe arashwe n’amabandi yari kuri moto.
Byabaye ubwo Ngezayo yatahaga mu rugo, yari avuye kujyana umwana we ku ishuri. Aya mabandi atatu yaramutangiriye, umwe muri yo amurasa mu mutwe, arangije arahunga.
Nyuma yo kuraswa, Simba Ngezayo yahise yihutishirizwa ku bitaro by Heal Africa ariko nyuma y’iminota 30 yahise apfa nk’uko abaganga babitangarije Actualite.CD.
Polisi ya RDC (PNC), mu itangazo yacishije ku rubuga rwa Twitter muri iki gitondo, yatangaje ko saa tanu z’ijoro (ku masaha yo mu Rwanda) yataye muri yombi abakekwaho kwica Simba Ngezayo.
Barimo uwitwa Mutabazi ukekwaho kurasa Ngezayo, Eric wiswe ibandi n’umumotari witwa Abdoul. Aba bafatiwe mu duce twa Ndosho na Mapendo, bafatanwa imbunda ebyiri za AK-47.
Simba Ngezayo ni umuhungu w’umuherwe witwa Victor Ngezayo ufite amahoteli muri Goma. Urupfu apfuye ni nk’urw’umuvandimwe we, Albert Ngezayo na we warashwe n’amabandi mu 2008.



8 Responses
Umuherwe w’i Goma yishwe arashwe
Abaherwe bo muri congo baze bashore imari mu Rwanda aho bazakorera mumahoro nta bwoba bwo kwamburwa cg kwicwa
Umuherwe w’i Goma yishwe arashwe
Abaherwe bo muri congo baze bashore imari mu Rwanda aho bazakorera mumahoro nta bwoba bwo kwamburwa cg kwicwa
Umuherwe w’i Goma yishwe arashwe
Yoo ubu se uyu muryango
Wakwizer’umutekano koko?
Iman’imuhe iruhuko ridashyira
Umuherwe w’i Goma yishwe arashwe
Yoo ubu se uyu muryango
Wakwizer’umutekano koko?
Iman’imuhe iruhuko ridashyira
Umuherwe w’i Goma yishwe arashwe
Harya siwe ufite hotel Metropol yibukavu?
Umuherwe w’i Goma yishwe arashwe
Harya siwe ufite hotel Metropol yibukavu?
Umuherwe w’i Goma yishwe arashwe
Harya siwe ufite hotel Metropol yibukavu?
Umuherwe w’i Goma yishwe arashwe
Harya siwe ufite hotel Metropol yibukavu?