Uganda: Ibikomeje kuba bizatuma Gen. Tumukunde yikura mu matora?

Sangiza iyi nkuru

Umwe mu bahatanira kuyobora Uganda, Lt. Gen. Henry Tumukunde yigeze gutangaza ko ashobora kuzikura mu matora ya perezida igihe hari ibyo abona bitagenda neza bikorwa n’ishyaka riri ku butegetsi muri Uganda, NRM

Gen. Tumukunde avuga ko bigaragara ko “ Inzego z’umutekano zigikoresha imbaraga z’umurengera ku bakandida bari ku mwanya w’umukuru w’igihugu.”

Mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa 4 Ugushyingo 2020, Tumukunde yavuze ko “ Atumva uburyo inzego ziyita izatojwe neza zikora ibihabanye n’amategeko.” Avuga ko kuba hari itabwa muri yombi ry’abakandida ari icyasha ku butegetsi bwa NRM n’ubusanzwe yita ubw’igitugu. Uyu mujenerali wanabaye Minisitiri w’Umutekano avuga ko “Amashyaka yose akwiye kubaha ibijyanye n’amatora.”

Tumukunde ati “ N’ubusanzwe mu bihe by’amatora habaho ukutumva kimwe ibintu, bityo ntawe ukwiye guhutaza mugenzi we batabona ibintu kimwe.” Asaba Leta ya NRM gusaba inzego z’umutekano gukora akazi kazo neza bitaba ibyo Uganda ikaba iciro ry’imigani.”

Inzego z’umutekano muri Uganda zataye muri yombi abakandida ku mwanya wa perezida ari bo: Patrick Amuriat Oboi w’ishyaka ryitwa Forum for Democratic Change (FDC) na Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine w’ishyaka, National Unity Plattfom (NUP).

Iri tabwa muri yombi riraba mu gihe amatora ya perezida abura amezi abarirwa ku ntoki ngo abe. Ni ingingo ishobora kuzateza utunenge ku bizava mu matora kuko byagaragara ko imyiteguro itagenze neza. Kuri ubu haribazwa niba koko Gen. Tumukunde azivana mu matora cyane ko ibyo yamaganye bikomeje gukorwa n’inzego zúmutekano za Uganda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *