Myugariro Sergio Ramos, yaraye atsindiye Real Madrid asanzwe abereye Kapiteni igitego cy’ijana, arusha ibitego ibihangange nka Zinedine Zidane na Kaka ugereranyije n’ibitego byatsindiye iriya kipe y’i Madrid.
Ramos yatsindiye Real Madrid igitego cy’ijana, ubwo yatsindaga Inter Milan ibitego 3-2, mu mukino wa UEFA Champions league wabaye mu ijoro ryakeye.
Ibitego 100 amaze gutsindira Madrid birimo 55 by’umutwe, 21 bya Penaliti, 22 yatsindishije ibirenge mu mukino hagati na bibiri yatsinze kuri Coup-Franc.
Igitego uyu mugabo w’imyaka 34 y’amavuko yaraye atsinze, cyahise kimwinjiza mu bakinnyi batsindiye Real Madrid ibitego byinshi mu mateka yayo.
Amaze gutsindira Real Madrid ibitego byinshi kurusha ibihangange nka Zidane wayitsindiye ibitego 49, Kaka wayitsindiye 29, David Beckham wayitsindiye 20, na Ruud van Nistelrooy wa 64.
Abandi ni Luis Figo (56), James Rodriguez (37), Angel Di Maria, (36), Robinho (35) na Isco bagikinana wayitsindiye ibitego 51.
Magingo aya Sergio Ramos ararushwa n’Umunya-BrĂ©sil Ronaldo ibitego bine ugereranyije n’ibyo yatsindiye Real Madrid, ndetse anarushwa ibitego bitanu na Gareth Bale.
Sergio Ramos aza ku mwanya wa 21 mu bakinnyi bashoboye gutsinda ibitego 100 bakinira Real Madrid, gusa afite urugendo rurerure cyane kugira ngo azagere ku rwego rwa Cristiano Ronaldo wayitsindiye ibitego byinshi mu mateka (450).
Uyu myugariro muri rusange amaze gutsinda ibitego 126 nk’umukinnyi w’umupira w’amaguru, birimo 23 yatsindiye ikipe y’Igihugu ya Espagne, na bitatu yatsindiye Sevilla yazamukiyemo.
Ni ibitego bimushyira ku mwanya wa gatandatu muri ba myugariro batsinze ibitego byinshi mu mateka, inyuma y’abarimo Graham Alexander, Laurent Blanc, Fernando Hierro, Daniel Passarella na Ronald Koeman utoza FC Barcelona.


