Magufuli yarahiriye kuyobora Tanzania muri manda ye ya nyuma

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Tanzania, Dr John Pombe Joseph Magufuli, yarahiriye kongera kuyobora iki gihugu muri manda ya kabiri y’imyaka itanu, nyuma yo gutorerwa kukiyobora mu cyumweru gishize.

Umuhango w’irahira rya Perezida Magufuli wabereye mu mujyi wa Dodoma, witabirwa n’imbaga y’Abanya-Tanzania ndetse n’abandi banyacyubahiro batandukanye.

Abanyacyubahiro barimo Ali Hassan Mwinyi na Jakaya Mrisho Kikwete bayoboye Tanzania, bari mu bitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Magufuli.

Abandi barimo Perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa; Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, Alain Guillaume Bunyoni; Visi-Perezida wa Botswana, Slumber Tsogwane na Minisitiri w’Intebe wa Mozambique, Carlos Agostinho do Rosário.

Perezida wa Zanzibar, Hussein Ali Mwinyi na Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda na bo bitabiriye uriya muhango.

Perezida Magufuli yarahiriye kuyobora Tanzania, nyuma yo gutorwa n’ababarirwa muri miliyoni 12 n’igice bangana na 84% by’abaturage batoye.

Magufuli yatsinze Tundu Lissu wari uhagarariye ishyaka Chadema ritavuga rumwe n’ubutegetsi, watowe n’ababarirwa muri miliyoni 1.9 bangana na 13% by’abatoye.

Perezida Magufuli uri muri manda ye ya nyuma azayobora Tanzania kugeza mu mwaka wa 2025.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *