Ikipe ya Atletico Madrid yo mu gihugu cya Espagne, yatangaje ko yamaze gusinyisha Umunya Repubulika ya Centrafrica, Geoffrey Kondogbia, wakiniraga ikipe ya Valencia.
Uyu mugabo usanzwe ari Kapiteni w’ikipe y’igihugu cye, yasinyiye Atletico Madrid amasezerano y’imyaka ine.
Iyi kipe y’umutoza Diego Simeone yamuhaye ikaze ibinyujije mu butumwa yashyize ku rubuga rwayo rwa Twitter.
Kondogbia w’imyaka 27 y’amavuko, yinjiye muri Atletico Madrid nk’umusimbura w’umunya-Ghana Thomas Partey werekeje muri Arsenal yo mu Bwongereza.
Isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi ku mugabane w’u Burayi ryafunze imiryango, gusa muri shampiyona ya Espagne harimo itegeko ryemerera amakipe gusimbuza abakinnyi bagiye cyangwa abavunitse bagenzi babo bakina muri iriya shampiyona, bitarenze iminsi 30 isoko rifunze.
Geoffrey Kondogbia yari amaze imyaka itatu muri Valencia, nyuma yo kuyigeramo avuye muri Inter Milan yo mu Butaliyani.
Valencia yari amaze kuyitsindira ibitego birindwi mu mikino 104 yari amaze kuyikinira.
Kondogbia watwaranye na Valencia Copa del Rey ya 2019, arazwi cyane hano mu Rwanda kuko yigeze gutsinda Amavubi igitego, ayabuza amanota atatu.
Hari ku wa 18 Ugushingo 2018 ubwo Amavubi yari yakiriye Repubulika ya Centrafrica, mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika wabereye kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye.
Icyo gihe Amavubi yageze ku munota wa 93 ari imbere n’ibitego 2-1, gusa Kondogbia aza kwishyurira ikipe y’igihugu cye umukino ubura amasegonda make ngo urangire.


