Umutoza w’ikipe ya Dynamo Kiev yo mu gihugu cya Ukraine, Mircea Lucescu, yakoze agashya katari kamenyerewe mu mupira w’amaguru asaba Lionel Messi wa FC Barcelona bari bahanganye umwambaro.
Gusabana imyambaro ku bakinnyi ni ibisanzwe mu mupira w’amaguru, gusa kuba umutoza yawusaba umukinnyi w’ikipe bahanganye ni agashya katamenyerewe mu mupira w’amaguru.
Mu ijoro ryakeye FC Barcelona yari yakiriye Dynamo Kiev, mu mukino wa UEFA Champions league wabereye ku kibuga cyayo cya Camp Nou.
Umukino warangiye Barcelona y’umutoza Ronald Koeman itsinze ibitego 2-1 bya Messi na Gerard Pique, ikomeza kuyobora itsinda G n’amanota 9.
Umukino urangiye ubwo Messi yerekezaga mu rwambariro, umutoza Mircea Lucescu yamuhamagaye amusaba umupira we wo kwambara.
Messi yanze kumuha umupira yari yambaye amwizeza kumuha undi wari mu rwambariro atari yambayeho, bijyanye n’icyorezo cya Covid-19 gikomeje gushegesha Isi.
Mu kiganiro umutoza Lucescu yagiranye n’itangazamakuru mbere y’umukino wa FC Barcelona, yari yashimagije Messi avuga ko ibyo akora mu kibuga nk’umukinnyi birenze ukwemera.
Ati: “Messi akora ibintu bidasanzwe birimo gutekereza ku ikipe aho kwitekerezaho. Akora ibintu mu kibuga undi muntu yakagombye gukora; ararwana, atanga imipira ivamo ibitego akanatsinda. Arwanirira ikipe kandi agafasha abakinnyi bakiri bato.”


