Ku wa Kabiri tariki ya 17 Ugushyingo kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ izakira iya Cap-Vert; mu mukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Cameroun mu myaka ibiri iri imbere.
Amavubi ari guhatanira kongera gusubira mu gikombe cya Afurika, nyuma y’imyaka 16 ishize atazi uko gukina iri rushanwa bimera.
Hafi abiheruka ni muri 2004, ubwo yari mu tsinda rimwe na Tunisia yari yakiriye ririya rushanwa, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyo kimwe na Guinée-Conakry.
Amavubi yari yitabiriye CAN ku ncuro ya mbere, yasezerewe mu matsinda afite amanota ane, gusa benshi bemeza ko yagombaga kurenga kiriya kiciro iyo hatabaho kugambana hagati ya Tunisia na Guinée.
Umwaka wa 2004 ni wo wavuga ko imitima y’abakunzi b’Amavubi yagize ibyishimo bisesuye, binajyanye n’inzira ikomeye iyi kipe yari yanyuzemo kugira ngo ibone itike y’Igikombe cya Afurika.
Nyuma y’imyaka 16 Abanyarwanda bishimye, kongera kubona itike yo gusubira mu gikombe cya Afurika birasa n’ibikiri inzozi, kurota Igikombe cy’Isi byo bikaba nko kwikirigita tugaseka.
Cyakora cyo mu mikino yo gushaka itike z’aya marushanwa, hari ubwo abasore b’Amavubi bagiye bahesha abakunzi babo kumwenyura by’akanya gato, ubundi ibyari ibyishimo bikaba amarira.
Imikino itanu Amavubi yaheshejemo Abanyarwanda ibyishimo nyuma ya 2004
5. Amavubi 4-0 Liberia
Uyu mukino wabaye ku wa 08 Nzeri 2007, ukinirwa kuri Stade National Amahoro i Remera.
Wari umukino wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika Amavubi yaherukagamo mu myaka itatu yari yatambutse.
Ni imyaka yari yararanzwe n’umusaruro mubi ku kipe y’igihugu, uhetse umukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi muri 2006 Amavubi yari yaratsinzemo Gabon ibitego 3-1, n’indi mike yari yaratsinze mu marushanwa yo mu karere.
Amavubi anyagira Liberia, yatsindiwe na Said Abed Makassi watsinze ibitego bibiri, Nyakwigendera Jeannot Witakenge na kizigenza Bokota Labama.
Amavubi 3-1 Maroc
Ku wa 14 Kamena 2008, Amavubi yari yakiriye Les lions de l’Atlas ya Maroc, mu mukino w’ijonjora ryo gushaka Igikombe cy’Isi cyo muri 2010 wabereye kuri Stade Amahoro i Remera.
Ibitego bya Saidi Abedi Makasi, Bokota Labama na Karekezi Olivier byari bihagije ngo Amavubi akure insinzi y’amateka kuri Maroc.
Mbere y’aho Amavubi na bwo yari yihanije Mauritania bari mu tsinda rimwe ayitsindira i Kigali ibitego 3-0 (Karekezi, Makasi & Bokota) yemwe ajya no kuyitsindira i Nouakchott igitego 1-0 (cya Bobo Bola); gusa akorwaho n’igitego yatsinzwe na Maroc i Kigali kuko umukino wo kwishyura wabereye i Rabat u Rwanda rwatsinzwe ibitego 2-0.
Amavubi 2-0 Congo-Brazza)
Tariki ya 02 Kanama 2014, Amavubi yari yakiriye Les Diables Rouges ya Repubulika ya Congo Brazzaville, mu mukino w’ijonjora rya nyuma ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika.
Amavubi yari yaratsindiwe i Pointe-Noire ibitego 2-0, mu mukino wo kwishyura wabereye i Kigali na yo atsinda ibitego 2-0, yemwe anasezerera Congo Brazza kuri za Penaliti.
Ibitego bw’Amavubi byari byatsinzwe na Rutahizamu Ndahinduka Michel cyo kimwe na rutahizamu Meddie Kagere.
Ikizere cyo kujya mu gikombe cya Afurika Amavubi ya Stephen Costantine yari afite, cyaraje amasinde ubwo Abanye-Congo batangaga ikirego muri CAF bashinja Amavubi gukinisha Dady Birori wari ufite passport ebyiri ziriho amatariki y’amavuko atandukanye, birangira Amavubi asezerewe.
Amavubi 5-0 Mauritius
Tariki ya 29 Werurwe 2016, Amavubi yari yakiriye ibirwa bya Maurice kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, bashaka itike yo kujya mu gikombe cya Afurika.
Amavubi yari mu tsinda rimwe na Mozambique, Ibirwa bya Maurice na Ghana. Ikipe y’igihugu yatangiye neza ijya gutsindira i Maputo igitego 1-0 (cya Sugira Ernest), gusa ikora ikosa rikomeye ryo kujya gutsindira i Port Louis igitego 1-0, ndetse no gutsindirwa i Kigali na Ghana igitego 1-0.
Amavubi yatsinze Mauritius ibitego 5-0 bya Nshuti Dominique Savio, Sugira Ernest (2), Omborenga Fitina na Mugiraneza Jean Baptiste; gusa yongera gukora irindi kosa ryo gutsindirwa i Kigali na Mozambique ibitego 3-2.
Amavubi 7-0 Seychelles
Byabereye i Nyamirambo tariki ya 10 Nzeri 2019, mu mukino amakipe yombi yashakiragamo itike y’Igikombe cy’Isi.
Ibitego by’Amavubi byatsinzwe na Djihad Bizimana, Meddie Kagere (2), Jacques Tuyisenge (2), Yannick Mukunzi na Hakizimana Muhadjili.
Gutsinda uyu mukino byafashije Amavubi kwinjira mu ijonjora rya kabiri mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi kizabera muri Qatar muri 2022, ikaba iri mu tsinda rimwe na Uganda Cranes, Harambee Stars ya Kenya na Les Aigres du Mali.


