Rutahizamu wa Gor Mahia izakina na APR yabujije Uganda kubona itike ya CAN

Sangiza iyi nkuru

Ikipe y’Igihugu ya Sudani y’Epfo kuri uyu wa Mbere, yabujije Imisambi ya Uganda kubona itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Cameroon, nyuma yo kuyitsinda igitego 1-0.

Sudani y’Epfo yari yakiriye Uganda Cranes kuri Nyao National Stadium i Nairobi, nyuma y’umukino Abanya-Uganda bari bayitsinzemo igitego 1-0 ku wa Kane w’iki cyumweru.

Igitego cya Sudani y’Epfo kinjiye ku munota wa 35 w’umukino gitsinzwe na rutahizamu Tito Okello ukinira Gor Mahia yo muri Kenya izahura na APR FC ya hano mu Rwanda, mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions league.

Okello yatsinze kiriya gitego kuri penaliti, nyuma y’ikosa myugariro Halid Lwaliwa yari akoreye ku mukinnyi wa Sudani y’Epfo.

Mbere y’iminota itatu ngo iriya penaliti ibe, Khalid Aucho ukinira Uganda hagati mu kibuga yari yeretswe ikarita itukura, nyuma yo gutera umuserebeko ukomeye umukinnyi wa Sudani y’Epfo.

Mu gice cya kabiri cy’umukino Sudani y’Epfo na yo yeretswe ikarita itukura, nyuma y’uko Musa Abdullah wari winjiye mu kibuga asimbura akiniye nabi rutahizamu Emmanuel Okwi.

Gutsinda uriya mukino byari gihesha Uganda y’umutoza Jonathan MCKinstry itike y’Igikombe cya Afurika ku ncuro ya gatatu yikurikiranya, gusa igomba gutegereza umukino wa gatanu mu tsinda uzayihuza na Malawi.

Magingo aya amakipe abiri arimo Senegal na Algeria ni yo yamaze gukatisha itike y’Igikombe cya Afurika cya 2022.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *