Dr Tedros yavuze ku byo gufasha ingabo za Tigray yashinjwe n’igisirikare cya Ethiopia

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS), Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, yahakanye ibyo guha inkunga ingabo z’ishyaka Tigray People’s Liberation Front (TPLF) yashinjwe n’igisirikare cya Ethiopia, avuga ko icyo ashyize imbere cyonyine ari amahoro.

Ku wa Kane tariki ya 19 Ugushyingo, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia, Gen. Berhanu Jula, yabwiye itangazamakuru ko Dr Tedros “ntacyo atakoze” mu gushyigikira TPLF no kuyifasha kubona intwaro.

Yunzemo ati: “Ntabwo tumwitezeho ko ahagarara ku ruhande rw’abanya-Ethiopia ngo yamagane aba bantu [bo muri TPLF]. Amaze igihe akora igishoboka cyose ngo abashyigikire, yakoze ubukangurambaga mu bihugu duturanye ngo byamagane intambara. Yakoze ku buryo babona intwaro.”

Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus washyizwe mu majwi na Ethiopia, ni umunya-Tigray wanabaye Minisitiri w’Ubuzima muri leta ya Ethiopia yabanjirije iyobowe na Dr Abiy Ahmed iriho, ikaba yari iyobowe n’ishyaka TPLF.

Uyu mugabo bivugwa ko ari we munya-Tigray uzwi kurusha abandi mu mahanga. Mu itangazo yashyize ahagaragara, Dr Tedros yavuze ko nta ruhande abogamiyeho hagati ya Leta ya Ethiopia n’iya Tigray zihanganye.

Ati: “Hari amakuru avuga ko ndi gufata impande muri iki kibazo. Ibi ntabwo ari ukuri kandi ndashaka kuvuga ko ndi ku ruhande rumwe, uruhande rw’amahoro.”

Umuyobozi wa OMS yavuze ko yababajwe cyane n’amakuru y’ukwiyongera k’umubare w’abakomeje kugwa muri iriya ntambara, ndetse n’abakomeje guhungira mu bihugu bituranye na Ethiopia.

Yunze mu ry’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, na we asaba ko hafatwa ingamba z’ako kanya mu rwego rwo kugabanya imirwano no gufata imyanzuro yo guhashya amakimbirane amahoro akongera kuboneka.

Imirwano y’Ingabo za Leta ya Ethiopia n’iya Tigray, yatangiye mu ntangiriro z’uku kwezi, ubu ikaba imaze kugwamo abarenga 500; na ho abarenga 30,000 bambutse umupaka bahungira muri Sudani.

Ishyaka TPLF ryari ryihariye igisirikare na politike bya Ethiopia mu gihe cy’imyaka ibarirwa muri za mirongo mbere y’uko Minisitiri w’intebe Abiy Ahmed wo mu bwoko bwa ba nyamwinshi bwa Oromo agera ku butegetsi mu 2018.

Dr Abiy Ahmed yakoze amavugurura akomeye, bikavugwa ko yashyize ku ruhande TPLF.

Amahari hagati ye na TPLF yafashe indi ntera muri Nzeri, ubwo Tigray yakoreshaga amatora irenze ku mategeko yari yatanzwe na leta ya Ethiopia yavugaga ko nta matora yemerewe kuba mu gihugu, kubera icyorezo cya coronavirus.

Minisitiri Abiy yavuze ko ayo matora anyuranyije n’amategeko.

TPLF yo ibona leta ya Ethiopia nk’itemewe n’amategeko, ikavuga ko Abiy igihe cye cyo kuba ku butegetsi cyarangiye.

Ubwo bwumvikane buke ni bwo bwabaye intandaro y’imirwano yatangiye ku wa 04 Ugushyingo, nyuma yuko leta ya Ethiopia ishinje TPLF kugaba igitero ku kigo cy’ingabo zayo igamije kwiba intwaro.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *