Amakipe y’ibihugu y’umupira w’amaguru ya Nigeria, Super Eagles, iy’u Bwongereza, Three-Lions n’iya Uganda, Uganda Cranes, zirimo kurwanira kugira umukinnyi wayo umunyezamu ukiri muto wa Arsenal, Ovie Ejeheri, ukomeje kwigaragaza.
Ibihugu bya Nigeria n’u Bwongereza byo biravugwa ko bimaze iminsi birwanira abakinnyi, aho bamwe bahitamo gukinira Super Eagles abandi bagahitamo gukinira Three-Lions.
Amakuru atangazwa na Sky Sports aravuga ko ubu u Bwongereza buri mu isiganwa rikomeye ryo kutabura uyu munyezamu, Ovie Ejeheri, ngo yegukanwe na Nigeria cyangwa Uganda.
Uyu musore w’imyaka 17 yavukiye mu Bwongereza kuri se w’Umunyanijeriya na nyina w’Umugandekazi, kandi afite uburenganzira bwo guhitamo gukinira kimwe muri ibi bihugu bitatu bimurwanira mu mikino mpuzamahanga.
Amakuru avuga ko Ejeheri abarizwa muri Arsenal kuva afite imyaka 5, ariko atarasinya amasezerano yo kuyikinira nk’uwabigize umwuga.
England, Nigeria and Uganda are involved in a three-way struggle to secure the services of Arsenal's highly-rated teenage 'keeper Ovie Ejeheri [Sky] pic.twitter.com/v40sXHSNqt
— AFTV (@AFTVMedia) November 19, 2020
Umukinnyi wa Super Eagles, Alex Iwobi, nawe yakiniye u Bwongereza akiri muto mbere yo gufata icyemezo cyo gukinira Nigeria aza no kuyikinira mu Gikombe cy’Isi no mu Gikombe cya Afurika cyo mu 2019 cyabereye mu Misiri aho ikipe ye yarangije ku mwanya wa gatatu.
Mbere yo kujya mu makipe ya Arsenal y’abatarengeje imyaka 18 na 23, Ovie Ejeheri yamaze imyaka muri Academy ya Arsenal. Hari andi makipe yo muri shampiyona y’u Bwongereza kandi akomeje gukurikiranira hafi uyu mukinnyi yizeye kuzamusinyisha amukuye muri Arsenal.


