Robert Ssentamu Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, yihanganishije imiryango y’abantu baguye mu myigaragambyo yadutse muri Uganda nyuma y’itabwa muri yombi rye ryabaye ku wa Gatatu w’iki cyumweru.
Ubwo Bobi Wine yari afungiye i Nafulenya mu gace ka Jinja, abasirikare n’abapolisi ba Uganda bigabije imihanda bajya gutatanya abigaragambyaga.
Polisi ya Uganda ivuga ko iyo myigaragambyo imaze kugwamo abantu 37, mu gihe abatari bake barembeye mu bitaro.
Mu kiganiro Bobi Wine yagiranye n’Itangazamakuru mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, yavuze ko akigera iwe mu rugo nyuma yo gufungurwa yarebye Televiziyo akaba ari bwo yiyumvisha neza ubukana bw’ubugizi bwa nabi bwakozwe n’inzego z’umutekano za Uganda.
Yunzemo ati: “Nihanganishije cyane abo bose [Batakaje ababo], nkanifuriza abakomeretse bose gukira vuba.”
Bobi Wine yavuze mu bapfuye harimo abantu babiri yari asanzwe azwi, ndetse bari incuti ze magara.
Ati: “Barimo umusore wari ku iduka ry’ibikoresho byo mu nzu wapfuye ubwo abasirikare barasaga aho akorera. Yahise apfa. Turacyakurikirana uko buri umwe mu bantu 37 yapfuye n’uko abandi bakomeje gupfira mu bitaro.”
Inzego z’umutekano muri Uganda zivuga ko imbaraga zakoresheje mu guhashya abigaragambya zari zikenewe, bijyanye n’ibibazo bagombaga guteza.
Minisitiri w’Umutekano, Gen Elly Tumwine, ku wa Gatanu yabwiye itangazanakuru ko bari gukora iperereza ngo bamenye niba zimwe mu mbunda zishe abantu zari zifitwe n’abigaragambyaga.
Gen Tumwine yavuze ko itabwa muri yombi rya Bobi Wine ritakabaye ryarateje ibibazo, bijyanye n’uko uriya mudepite atari hejuru y’amategeko.


