Nyuma y’aho Loni itangarije ko mu gihugu cy’u Burundi hashobora kuba Jenoside ikorewe Abatutsi, bamwe mu basore b’Abatutsi ngo bagiye kwigaragambya bamagana iyi raporo imbere y’icyicaro cya Loni i Bujumbura.
Iyi myigaragambyo yakozwe n’abo bivugwa ko bagiye gukorerwa jenoside yatangiye kuri uyu wa gatatu, itariki 21 Nzeri 2016, itangizwa n’umusore umwe witwa Ndikumwenayo Jean Luc wayitangiye ari wenyine nk’uko Bujatoday dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.
Uyu musore rero ngo yagiye imbere y’aho Loni ikorera I Bujumbura afite icyapa cyamagana ibyatangajwe n’impuguke za loni muri raporo yazo, ndetse ashinja aba kubeshya.
Ibyakozwe n’uyu musore byahise bishimwa cyane n’umuvugizi wa perezidansi y’u Burundi ku rukuta rwe rwa twitter, aho yavuze ko Abarundi bose babashije gukora nka Ndikumwenayo akanama k’uburenganzira bwa muntu ka Loni kabumva.
Whaouh! Quelle initiative! Si tous les #burundi-ais pouvaient faire comme @JeanLucNdiku. Espérons que @UNHumanRights entendra votre voix. https://t.co/j3OCFvenif
– Willy Nyamitwe (@willynyamitwe) September 22, 2016
Kuri uyu wa Kane, itariki 22 Nzeri, Ndikumwenayo yafashijwe n’abandi bagenzi be basubira imbere y’aho Loni ikorera bongera kwamagana raporo ya Loni kuri jenoside itegurwa mu Burundi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com






