1777714480099

FARDC yakajije ibitero mu matware ya M23

Sangiza iyi nkuru

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abazifasha ku rugamba, bakajije ibitero ahantu hatuwe cyane mu bice bigenzurwa n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23.

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 1 rishyira kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 2 Gicurasi 2026, hagati ya saa yine na saa cyenda n’igice z’ijoro, ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa zagabye ibitero bikomeye ku gace gatuwe n’abaturage benshi ka Rugezi ko muri Komine ya Minembwe, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Ni ibitero byagabwe hakoreshejwe drone z’ubwiyahuzi zizwi nka kamikaze.

Kanyuka yavuze kandi ko kuri uyu wa Gatandatu na none guhera saa kumi z’igitondo, izo ngabo zakomereje “ibitero bitarobanura” muri Teritwari ya Kalehe; mu duce twa Nyamugari, Kivoka, Rutare, Tushunguti, Kaboneke, Rubiri na Mutara, ndetse no mu nkengero zatwo.

Ibi bitero na byo byagabwe hakoreshejwe za drone ndetse n’imbunda ziremereye.

Ibi bitero byatumye abaturage benshi bahaburira ubuzima, kwangirika kw’ibikorwaremezo, ndetse no kwimurwa kw’abaturage benshi ku gahato; nk’uko Lawrence Kanyuka yakomeje abitangaza.

Mu guhangana n’ibi bikorwa by’ubwicanyi, umutwe wa AFC/M23 wongeye gushimangira ko wiyemeje kurinda no kurengera ubuzima bw’abaturage b’inzirakarengane.

FARDC yakajije ibitero mu matware ya M23, nyuma y’iminsi mike impande zombi zivuye mu biganiro byabereye mu mujyi wa Montreux wo mu Busuwisi.

Ni ibiganiro impande zombi zumvikanye gutanga agahenge, ndetse AFC/M23 ishyirwa mu rwego rushinzwe gukurikirana iyubahirizwa ry’ako.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *