wing-loong-1-drone-_-_-_-1-en.jpg

Tigray ivuga ko igiye kurasa mu murwa mukuru wa Eritrea

Sangiza iyi nkuru

Leta ya Tigray itangaza ko igiye gutegura ibitero by’indege birasa mu Murwa Mukuru wa Eritrea, Asmara mu rwego rwo kwikiza ibitero by’indege zitagira abapilote (drones) za Ethiopia ziri kwisuganyiriza muri iki gihugu.

Mu gihe intambara ikomeje guca ibintu, ari nako abaturage bata utwabo bagahungira muri Sudani, Tigray itangaza ko yamenye ko hari drones Umuryango w’Ibihugu by’Abarabu (UAE) wahaye Ethiopia ihanganye n’iyi Leta, bikaba bikomeje kuyishegesha biteguriwe muri Eritrea.

Umujyanama w’Umuyobozi wa Tigray n’Ishyaka riri ku butegetsi (TPLF), Getachew K. Reda avuga ko hari ibitero bya drones biri kuva mu Mujyi witwa Assab muri Eritrea ahari ibirindiro by’ingabo zo muri UAE.

Getachew nk’uko Military Africa ibitangaza, yagize ati ” Abiy Ahmed ari gufashwa n’ingabo zo muri UAE mu ntambara ze ku baturage ba Tigray. Hagati aho, Ingabo za Tigray zamaze kwitegura kurasa mu birindiro biri muri Eritrea harimo n’Ikibuga cy’Indege cya Asmara, kiri mu bikoreshwa mu kugaba ibitero kuri Tigray.”

Bisanzwe bizwi ko UAE ifite ibirindiro bya gisirikare ku kibuga cy’indege cya Assab mu rwego rwo kugenzura inyanja itukura muri Yemen. Biravugwa ko hari gukoreshwa drone zitwa The Chengdu Pterodactyl I, zizwi nka Wing Loong I zakorewe mu Bushinwa. Binavugwa ko kandi izi zagaragaye muri aka gace mu 2015.

wing-loong-1-drone-_-_-_-1-en.jpg
Drone ya Wing Loong I n’ubushobozi bwayo / Interineti

Ku rundi ruhande, Umugaba w’Ingabo za Ethiopia zirwanira mu kirere, Maj. Gen. Yilma Merdassa avuga ko Ethiopia iri gukoresha drone zayo mu guhashya TPLF.

111-4.jpg
Gen. Yilma Merdassa/ Interineti

N’ubwo Gen. Yilma atangaza ibi, kuva mu 2015, bivugwa ko Ethiopia yaguze drone zo mu bwoko bwa CH-4 gusa nta ruhande bireba rwemeje aya makuru.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *