Al Ahly yatsinze mukeba wayo Zamalek yegukana CAF Champions league ya 9

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Al Ahly yo mu gihugu cya Misiri, yegukanye igikombe cya cyenda cya CAF Champions league itsinze ku mukino wa nyuma mukeba wayo, Zamalek SC ibitego 2-1.

Ni umukino wari utegerejwe na benshi mu bakunzi b’amaguru hano ku mugabane wa Afurika bijyanye n’ibigwi amakipe yombi afite muri ruhago ya Misiri, bikaba akarusho ko kuba ari ku ncuro ya mbere amakipe abiri yo mu gihugu kimwe yari ahuriye ku mukino wa nyuma wa CAF Champions league.

Igice cya mbere cy’uriya mukino wabereye kuri Stade Mpuzamahanga ya Cairo mu Misiri cyarangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1, gusa Zamalek ni yo yacyihariye.

Al Ahly y’umutoza Pitso Mosimane wahoze atoza Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’Epfo, ni yo yafunguye amazamu hakiri kare ku munota wa gatanu, ku gitego cyatsinzwe n’umutwe na Amr El Soleya.

Ni ku mupira wari uturutse kuri koruneri yari itewe na Hussein- Al-Shahat.

Igitego Zamakek yatsinzwe hakiri kare cyabaye nk’ikiyikangura, ubundi yataka Al Ahly karahava.

Nko ku munota wa 29 Zamalek yahushije uburyo bukomeye, ku mupira Hemed Tarek usanzwe akinira ikipe y’igihugu ya Misiri yateye uca hanze gato y’izamu.

Kapiteni wa Zamalek, Fadlala Shikabala, yayishyuriye igitego yari yatsinzwe ku munota wa 31 w’umukino, nyuma yo gucenga ba myugariro batatu ba Al Ahly agatereka umupira mu izamu n’akaguru k’ibumoso.

Igice cy’umukino cyaranzwe no gusatirana gukomeye ku mpande zombi, buri kipe iva ku izamu rimwe ijya ku rindi intego ari igitego cya kabiri cyashoboraga kuyihesha igikombe kiruta ibindi muri Afurika.

Kera kabaye ku munota wa 85, Al Ahly yatsinze igitego cya kabiri ibifashijwemo na Mohamed Magdi Afsha, ku mupira watakajwe na ba myugariro ba Zamalek umugarukiye ahita awutera mu izamu awubikiye inyuma y’urubuga rw’amahina.

Al Ahly yaherukaga gutwara igikombe cya CAF Champions league muri 2013, ubwo yatsindaga ku mukino wa nyuma Orlando Pirates yo muri Afurika y’Epfo ku giteranyo cy’ibitego 3-1.

Byasabye Umunya-Afurika y’Epfo, Pitso Mosimane, Igihe kitageze ku mezi abiri ngo yongere guhesha iriya kipe igikombe yaherukaga mu myaka irindwi ishize, kiyongera ku cya shampiyona ya Misiri aheruka gutwara.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *