Umutoza w’Umufaransa, Gérard Houllier, wamamaye mu ruhando mpuzamahanga rwa ruhago, akaba yaranyuze mu makipe nka Lyon, Liverpool na Aston Villa yahesheje ishema mu bihe byashize, yasezeye ku Isi y’abazima ku myaka 73 y’amavuko aguye iwabo mu Bufaransa.
Gérard Houllier wari uherutse kwitabwaho n’abaganga b’umutima mu byumweru bitatu bishize, yaje gupfa mu buryo butunguranye kuko hari hashize umunsi umwe na none amaze kubagwa mu Bitaro by’i Paris.
Yari aherutse guhumuriza abakunzi be ababwira ko yizeye kuzamererwa neza nyuma ya operation ikomeye yari amaze gukorerwa.
Mu mwuga we, Gérard Houllier yagize ibihe byiza nk’umutoza. Yatangiriye mu ikipe ya Noeux-les-Mines yo mu cyiciro cya 2 nk’umutoza, mbere yo kujya mu ikipe ya Lens, mu cyiciro cya mbere.
Yaje gutangira kubahwa muri ruhago y’u Bufaransa ubwo yatumaga ikipe ya PSG itwara igikombe cya shampiyona mu 1986. Nyuma yahise aba umutoza wungirije Henri Michel ndetse yungiriza Michel Platini, mu Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa.
Mu 1992 yabaye umutoza mukuru. Umukino yatsinzwemo na Bulgaria ibitego bibiri kuri kimwe mu 1993 atoza u Bufaransa mu guhatanira itike y’Igikombe cy’Isi cyo mu 1994 ni umukino apfuye ataribagirwa.
Yagarutse neza ariko atwara Igikombe cy’u Burayi atoza ikipe y’abatarengeje imyaka 20 y’igihugu, aho yari afite abakinnyi baje kuba ibyamamare ku Isi nka Thierry Henry na Trézeguet mu 1996.
Houiller yakomereje mu ikipe ya Liverpool mu Bwongereza, ayitoza kuva mu 1998 kugeza mu 2004. Muri icyo gihe, umwaka wamuhiriye ni umwaka wa 2001, aho yatwaye ibikombe bine birimo icya UEFA na Supercup.
Yakomereje muri Lyon iwabo mu Bufaransa, atwara Igikombe cya shampiyona mu 2006 na 2007.
Yaje kubuzwa akazi k’ubutoza n’abaganga mu 2010. Urupfu rwari rwarigeze kumwigera ariko mu 2001 mbere y’umukino wa Liverpool arokoka kubwa Nyagasani, kuva icyo gihe atangira kujya akurikiranwa n’abaganga.
Src: Sky Sport


