Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, kuri uyu wa 4 Mutarama 2021 yasezeranyije abatuye mu Karere ka Kisoro ko asabira imbabazi umusirikare Gen. Kale Kayihura bafata nk’umwana wabo.
Yari akomeje ibikorwa byo kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu, aho yahuye na bamwe mu bagize ishyaka rye, NRM (National Resistance Movement).
Bamwe mu bagize iri shyaka bari bayobowe na Abel Bizimana uyoboye Kisoro, barambaraye hasi basaba uyu Mukuru w’Igihugu guha imbabazi Gen. Kayihura, bashingiye ku kuba yarakoreye igihugu igihe kirekire, no kuba yarafashaga ishyaka NRM kwigarurira imitima y’abatuye muri aka Karere; cyane ko yahavukiye.
Perezida Museveni yumvise gutakamba kw’aba bayoboke ba NRM, avuga ko agiye gusabira imbabazi Gen. Kayihura. Ati: “Kale Kayihura nk’uko umuyobozi wa Kisoro yabivuze, hari abakoze ibyaha biremereye kandi twarabababariye.”
Yakomeje ati: “Kubera ko mwabinsabye, mukavuga ko ari umuntu wacu, Nzavugana n’Ubushinjacyaha bwa gisirikare, mbugezeho ubusabe bwanyu, maze nanjye mbusabe ko bwamubabarira.
Gen. Kayihura ni umusirikare wa Uganda wayoboye igipolisi kuva mu 2005 kugeza mu 2018 ubwo yirukanwaga, agafungwa. Akurikiranweho ibyaha birimo ubwicanyi no gushimuta gusa hari abahamya ko arengana, bavuga ko yazize kuyobora urwego rufite abakozi bishoye cyane mu byaha bibangamira uburenganzira bw’ikiramwamuntu.


