Umubare w’abishwe na Covid-19 wazamutse ugera ku 110

Minisiteri y’Ubuzima imaze gutangaza ko abandi bantu batanu bishwe n’icyorezo cya Covid-19 kuri uyu wa 5 Mutarama 2021, umubare w’abamaze gupfa muri rusange ugera ku 110. Ni abagabo: bane b’imyaka 65,64,57 na 45 bapfiriye mu Mujyi wa Kigali n’undi w’imyaka 69 wapfiriye muri Nyamasheke. Abanduye bo ni 107 mu bipimo 4216 byafshwe. Barimo 44 babonetse […]
Miss Rwanda 2021 yagombaga gutangira muri uku kwezi ntikibaye
Ubuyobozi bwa Rwanda Inspiration Backup itegura irushanwa ngarukamwaka rya Miss Rwanda, batangaje ko irushanwa rya 2021 ryari riteganyijwe gutangira muri uku kwezi ritakibaye kubera icyorezo cya Covid-19. Amajonjora y’ibanze y’iri rushanwa yari ateganyijwe gutangira ku wa 09 Mutarama 2021, gusa abategura ririya rushanwa bavuze ko ririya rushanwa ribaye risubitswe kubera ingamba Leta iheruka gushyiraho zo […]
Iran isaba Polisi Mpuzamahanga gufata abayobozi 48 bo muri USA barimo Trump

Umuvugizi w’urwego rw’Ubushinjacyaha muri Iran, Gholamhossein Esmaili kuri uyu wa 5 Mutarama 2021 yatangaje ko igihugu cye gisaba Polisi Mpuzamahanga (Interpol) gufata abayobozi 48 bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) barimo Perezida Donald Trump. Nk’uko Al Jazeera yabitangaje, Esmaili yasobanuriye itangazamakuru ko aba bose bagize uruhare mu rupfu rwa Gen. Qassem Soleimani wari […]
Centrafrique: Abasirikare barimo ab’u Burundi baheruka kwicwa bashyinguwe (Amafoto)

Abasirikare batanu barimo batatu b’u Burundi baheruka kwicirwa mu butunwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA), bashyinguwe kuri uyu wa Kabiri. Umuhango wo gushyingura bariya basirikare wabereye i Bangui mu murwa Mukuru wa Centrafrique. Abasirikare bashyinguwe barimo batatu b’u Burundi baguye mu gitero cyo ku wa 26 Ukuboza 2020 bagabweho n’imitwe […]
VIDEO : Aravuga ko Imana yamuhaye UBUHANUZI bwihutirwa ku banyarwanda aho bari hose!
Iby’ingenzi kuri Afande Vivian w’imyaka 102, warwanye Intambara ya 2 y’Isi_Amafoto

Lt. Vivian Millie Bailey ni umukecuru w’imyaka 102 y’amavuko, wabaye umusirikare wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), aho yazirwaniye mu Ntambara ya Kabiri y’Isi (1939-1945), n’ubu akaba adahwema gukora ibikorwa bigirira rubanda akamaro. Lt. Vivian yavukiye mu murwa mukuru wa USA, Washington DC, tariki ya 3 Gashyantare 1918. Akiri muto, nyina yasubiye ku ivuko […]
Uganda: Abandi Banyarwanda n’Abanyekongo 47 batawe muri yombi
Polisi ya Uganda yatangaje abandi Banyarwanda n’Abanyekongo bo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) 47, yataye muri yombi kuri uyu wa 5 Mutarama 2021. Aba bafatiwe mu Karere ka Kabale, bari muri bisi yo mu bwoko bwa Isuzu ya sosiyete ya Jussy Coach yerekezaga mu murwa mukuru wa Uganda, Kampala. Chimp Reports dukesha aya […]
Haravugwa imirwano imaze iminsi ibiri hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’Abanyarwanda
Hari amakuru ko hari imirwano imaze iminsi ibiri hagati y’Ingabo za Congo ((FARDC) n’inyeshyamba z’Abanyarwanda zo mu mutwe wa FPP wahoze witwa Mai mai Soki,ukaba wariyomoye kuri FDLR. Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko iyi mirwano iri kubera muri Lokarite za Katwiguru ya mbere na Busesa,ho muri Gurupoma ya Binza,Teritwari ya Rutshuru. Umutwe wa FPP […]
Umudepite muri USA avuga ko azitabira inteko yitwaje intwaro
Umudepite wo mu ishyaka ry’Abarepubulikani, Lauren Boebert avuga ko azajya mu nteko i Washington DC afite imbunda kuko ngo biri mu burenganzira bwe. Muri videwo Lauren ukomoka muri Colorado yashyize hanze kuwa Kabiri, Depite Lauren yagaragaye ashyira imbunda mu isakoshi ye amaze kuyishyiramo amasasu mbere y’urugendo. Ati ” Nzajya mba mfite imbunda ndi mu Mujyi […]
Min. Soraya aravuga impamvu ebyiri abucuruzi bagomba gufunga saa kumi n’ebyiri
Minisitiri w’Ubucuruzi, Soraya M. Hakuziyaremye avuga ko hari impamvu ngenderwaho zatumye habaho icyemezo cy’inama y’abaminisitiri kivuga ko ibikorwa by’ubucuruzi nk’amaduka, resitora, butike n’amasoko bigomba kuba byafunze saa kumi n’ebyiri z’umugoroba. Mu kiganiro na RBA, Soraya yavuze n’ubwo izi mpamvu zitandukanye, zihuriye ku gukumira COVID-19. Ati ” Mu mibare yatanzwe, haba abarwaye, abapfuye harimo abacuruzi n’abaguzi. […]
Uganda: Abanyarwanda 9 n’Abakongomani 4 batawe muri yombi
Polisi ya Uganda ikorera i Kabale, yataye muri yombi Abantu 13 biganjemo Abanyarwanda, bazira ikiswe kwinjira muri Uganda mu buryo butemewe n’amategeko. Abatawe muri yombi barimo n’Abakongomani bafatiwe ku muhanda munini wa Kabale ku gicamunsi cy’ejo ku wa Mbere. Amakuru avuga ko bari bari muri bisi ya sosiyete itwara abagenzi ya Malayika bava i Kisoro […]
Guma mu karere nidatanga igisubizo murumva ikizakurikiraho-Min. Busingye
Minisitiri w’Ubutabera w’ u Rwanda akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye atangaza ko Abanyarwanda ubwabo bakabaye bibwira ikizakurikiraho mu gihe ibyo gukumira ingendo hagati y’uturere, ndetse n’uturere n’Umujyi wa Kigali, hirindwa COVID-19. Busingye mu butumwa yatambukije kuri Twitter (https://twitter.com/BusingyeJohns) yasaga n’uca amarenga ko hashobora kuzakurikira Guma mu rugo, yazengereje abatari bake ku buryo nta […]
Kamonyi: Abitwaje imbwa n’imihoro bamennye umutwe umugore n’umugabo
Abasore abaturage bavuga ko bigize ibihazi, bitwaza imihoro ityaye n’imbwa nyinshi bakubise umugabo witwa Daniel hakire w’imyaka 43 n’umugore Janviere Uwagirinema w’imyaka 39 batuye Ruhozankanda, Umudugudu wa Murambi, Akagari Gishyeshye, mu Murenge wa Rukoma, Akarere ka Kamonyi, babamena imitwe. Uku gukubitwa kw’aba bombi kwabereye mu Gasantere ka Ruhozankanda. Umwe mu bari aho byabereye uvuga ko […]
Ntewe ishema no guhagararira bagenzi banjye babyukira mu isindwe_Gen. Kainerugaba kuri Bobi Wine
Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba uyoboye umutwe w’ingabo zidasanzwe muri Uganda, SFC (Special Force Command), kuri uyu wa 3 Mutarama 2021 yasubije umukandida ku mwanya wa Perezida, Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) ko atewe ishema no guhagararira ababyukira mu isindwe ry’inzoga. Ni nyuma y’aho tariki ya 31 Ukuboza 2020, uyu mukandida amwibasiye, amubwira ati: “Umuhungu w’Umunyagitugu Museveni! […]
UN yashyize hanze amazina y’abasirikare bakuru ba RDC ishinja gufasha inyeshyamba
Impuguke z’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye (UN) gashinzwe umutekano, muri raporo yo ku wa 23 Ukuboza 2020, zashyize ahabona amazina y’abasirikare bakuru mu ngabo za RDC zishinja gutera inkunga umutwe witwaje intwaro wa NDC-R (Nduma DĂ©fense du Congo-RĂ©novĂ©) ukorera mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Nk’uko iyi raporo ibyerekana mu buhamya 20 izi mpuguke zivuga ko zifashishije, abasirikare […]
Burundi: Batandatu bo mu muryango umwe bishwe n’abagizi ba nabi
Abantu batandatu bo mu muryango umwe bo mu gace ka Buhiga ho mu ntara ya Karusi mu gihugu cy’u Burundi, bishwe n’abantu bataramenyekana babateye ibyuma. Abishwe barimo umugabo n’umugore n’abana babo bane. SOS Media Burundi iravuga ko nyir’urugo uri mu bishwe witwa Donatien Mpfayokurera yahoze ari umupolisi w’u Burundi. Uyu Nyakwigendera w’imyaka 55 y’amavuko, umugore […]
CAR: Abasirikare b’ u Burundi baherutse kwicwa barashinyaguriwe bikomeye
Abasirikare batatu b’ u Burundi baherutse kwicirwa muri Repubulika ya Centrafica bishwe urw’agashyinyaguro nk’uko amakuru abivuga. Abasirikare b’ u Burundi nibo bacunga umutekano mu gace ka Dekoa. Aba baherutse kugabwaho igitero n’inyeshyamba, Ingabo za Centrafrica (FACA) zari kumwe nabo ziyabangira ingata. Ingabo z’ u Rwanda zari mu rugendo nizo zatabaye iz’ u Burundi zari zanze […]
Kisoro: Perezida Museveni yemeye gusabira imbabazi Gen. Kayihura
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, kuri uyu wa 4 Mutarama 2021 yasezeranyije abatuye mu Karere ka Kisoro ko asabira imbabazi umusirikare Gen. Kale Kayihura bafata nk’umwana wabo. Yari akomeje ibikorwa byo kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu, aho yahuye na bamwe mu bagize ishyaka rye, NRM (National Resistance Movement). Bamwe mu bagize iri shyaka bari bayobowe […]
Ingendo hagati y’uturere n’Umujyi wa Kigali zongeye guhagarikwa
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Mbere tariki ya 04 Mutarama 2021, yemeje ko ingendo hagati y’akarere kamwe n’akandi cyangwa hagati yako n’Umujyi wa Kigali zibaye zihagaritswe, nk’imwe mu ngamba zo gukumira ikwirakwira rya COVID-19. Ni inama yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Minisititi w’Intebe, Dr Edouard Ngirente. Inama y’Abaminisitiri yateranye mu gihe cy’ubwiyongere bukabije bw’abandura […]