CAR: Abasirikare b’ u Burundi baherutse kwicwa barashinyaguriwe bikomeye

Sangiza iyi nkuru

Abasirikare batatu b’ u Burundi baherutse kwicirwa muri Repubulika ya Centrafica bishwe urw’agashyinyaguro nk’uko amakuru abivuga.

Abasirikare b’ u Burundi nibo bacunga umutekano mu gace ka Dekoa. Aba baherutse kugabwaho igitero n’inyeshyamba, Ingabo za Centrafrica (FACA) zari kumwe nabo ziyabangira ingata.

Ingabo z’ u Rwanda zari mu rugendo nizo zatabaye iz’ u Burundi zari zanze kuva ku izima zikirasana n’inyeshyamba ariko zamaze no gutakaza batatu.

Umunyamakuru wa IGIHE uri muri icyo gihugu yanditse ko izi ngabo eshatu zishwe urw’agashinyaguro. Ku rundi ruhande, uyu munyamakuru ntangaza ijambo ku rindi uko aba basirikare bashinyaguriwe.

Yanditse agira ati ” Abasirikare batatu b’u Burundi biciwe muri icyo gitero bapfuye bashinyaguriwe bikomeye, ku buryo bamwe mu bakirokotse bavuga ko “iyo hataba Ingabo z’u Rwanda hari gupfa benshi”.

Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro muri CAR (MINUSCA) zikomeje guhura n’akazi katoroshye ko gucunga igihugu kirimo ibice bimwe byigaruriwe n’inyeshyamba mu gihe ku nkiko naho hari izivayo zigahungabanya umutekano. Hagati aho ariko RDF ikomeje kugaragaza ubunyamwuga mu kazi.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. CAR: Abasirikare b’ u Burundi baherutse kwicwa barashinyaguriwe bikomeye
    Ingabo iyo zitari proffessional nka RDF, Igihugu kizagira ikibazo. Ariko Bravo RDF Ku kazi keza n ubunyamwuga bakomeje kugaragaza muri RCA ndetse n ahandi. Abashingantahe nabo bakwiye gukurira ingifero RDF. Kandi bareke tubane nk abavandimwe.

  2. CAR: Abasirikare b’ u Burundi baherutse kwicwa barashinyaguriwe bikomeye
    Ingabo iyo zitari proffessional nka RDF, Igihugu kizagira ikibazo. Ariko Bravo RDF Ku kazi keza n ubunyamwuga bakomeje kugaragaza muri RCA ndetse n ahandi. Abashingantahe nabo bakwiye gukurira ingifero RDF. Kandi bareke tubane nk abavandimwe.

  3. CAR: Abasirikare b’ u Burundi baherutse kwicwa barashinyaguriwe bikomeye
    Ingabo iyo zitari proffessional nka RDF, Igihugu kizagira ikibazo. Ariko Bravo RDF Ku kazi keza n ubunyamwuga bakomeje kugaragaza muri RCA ndetse n ahandi. Abashingantahe nabo bakwiye gukurira ingifero RDF. Kandi bareke tubane nk abavandimwe.

  4. CAR: Abasirikare b’ u Burundi baherutse kwicwa barashinyaguriwe bikomeye
    Ingabo iyo zitari proffessional nka RDF, Igihugu kizagira ikibazo. Ariko Bravo RDF Ku kazi keza n ubunyamwuga bakomeje kugaragaza muri RCA ndetse n ahandi. Abashingantahe nabo bakwiye gukurira ingifero RDF. Kandi bareke tubane nk abavandimwe.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *