Ntewe ishema no guhagararira bagenzi banjye babyukira mu isindwe_Gen. Kainerugaba kuri Bobi Wine

Sangiza iyi nkuru

Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba uyoboye umutwe w’ingabo zidasanzwe muri Uganda, SFC (Special Force Command), kuri uyu wa 3 Mutarama 2021 yasubije umukandida ku mwanya wa Perezida, Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) ko atewe ishema no guhagararira ababyukira mu isindwe ry’inzoga.

Ni nyuma y’aho tariki ya 31 Ukuboza 2020, uyu mukandida amwibasiye, amubwira ati: “Umuhungu w’Umunyagitugu Museveni! M7 yamuhaye impano y’ipeti rya Lt. General!”

Hari ubutumwa uyu musirikare yari yandikiye uyu mukandida, abucishije ku rubuga rwa Twitter, nyuma aza kubusiba. Uyu mukandida yavuze ko ashobora kuba yabusibye nyuma yo kubyukira mu isindwe. Ati: “Ndakeka yabusibye nyuma yo kubyukira mu isindwe!”

Gen. Kainerugaba mu kumusubiza, yamubwiye ati: “Mbese ufite icyo urwanyisha za miliyoni z’Abagande na miliyari z’ikiremwamuntu babyukira mu isindwe nk’uko ubyita?”

Arangije ati: “Byiza, noneho ntewe ishema no guhagararira bagenzi banjye b’ikiremwamunyu usuzugura! Barakarama kandi nibatsinde!”

Guterana amagambo hagati y’uyu musirikare n’uyu mukandida gushingiye ku bikorwa byo kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu bitegura amatora ateganyijwe tariki ya 14 Mutarama 2021, aho Bobi Wine azaba ahatanye n’abarimo Yoweri Museveni, se w’uyu musirikare.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *