Umuvugizi w’urwego rw’Ubushinjacyaha muri Iran, Gholamhossein Esmaili kuri uyu wa 5 Mutarama 2021 yatangaje ko igihugu cye gisaba Polisi Mpuzamahanga (Interpol) gufata abayobozi 48 bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) barimo Perezida Donald Trump.
Nk’uko Al Jazeera yabitangaje, Esmaili yasobanuriye itangazamakuru ko aba bose bagize uruhare mu rupfu rwa Gen. Qassem Soleimani wari Umugaba w’umutwe w’ingabo zidasanzwe za Iran, wishwe tariki ya 3 Mutarama 2020.
Gen. Qassem Soleimani yarashwe na ‘drone’ ya USA
Yagize ati: “Repubulika ya Iran irashakisha ikomeje abakoze n’abategetse ko iki cyaha gishyirwa mu bikorwa, ngo ibahane.”
Ubwo muri Iran bibukaga urupfu rwa Gen. Soleimani, Umushinjacyaha Mukuru wa Iran, Ebrahim Raisi yavuze ko Perezida Trump ari we ukenewe cyane, bikaba amahirwe ko mu minsi iri imbere atazaba afite ubudahangarwa, kuko atazaba akiri Umukuru w’Igihugu.
Ati: “Ku bw’amahirwe, ubutegetsi bwa Trump bwarangiye. Ariko n’ubwo butarangira, ntabwo byakwemerwa ko umuntu atakurikiranwa n’amategeko, bitewe n’umwanya w’ubuyobozi afite.”
No muri Kamena 2020, Umushinjacyaha wa Iran yari yashyize hanze impapuro zo guta muri yombi Perezida Trump n’abandi bayobozi bo muri USA barenga 10. Yasabye ubufatanye n’inzego nka Interpol mu gushakisha aba bantu.
Gusa ariko Interpol ikorera mu Bufaransa yo yahakaniye Iran, ivuga ko ikibazo cy’aba bayobozi na Iran gifitanye isano na politiki, kandi mu mahame ya Interpol, yitandukanya n’ibyerekeye politiki, igisirikare, amadini n’amoko.


