David McAllister uhagarariye u Budage mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) yibaza impamvu Repubulika ya Tanzania yahawe miliyoni z’amayero y’inkunga yo guhangana n’ingaruka za Covid-19, mu gihe Perezida John Pombe Magufuli yakomeje gushimangira ko iki cyorezo kitariyo.
McAllister yabitangaje ubwo Inteko ya EU yari yateranye, yiga ku bibazo bitandukanye birimo icyorezo cya Covid-19 cyugarije Isi muri iki gihe.
Abaza icyo EU yashingiyeho, yagize ati: “Muri Nzeri uyu mwaka, Perezida w’akanama (ka EU) Charles Michel yashatse guha Tanzania miliyoni 27 z’amayero yo guhangana n’ingaruka za Covid. Ikibazo cyanjye kigira kiti: ‘Ni ibihe byashingiweho kugira ngo Tanzania ibe yabona iyi nkunga? Kubera ko Leta ya Dar es Salaam yatangaje ko igihugu nta Corona irimo, Leta ya Dar es Salaam yanze gutanga imibare kuri Covid, yanga gukurikira amabwiriza ya WHO, ishyiraho n’iminsi itatu y’amasengesho, ngo kuko Imana yabakijije iki cyorezo.”
Yakomeje yibaza icyo aya mafaranga yaba ari gukoreshwa muri Tanzania, ati: “Aya mafaranga ari gukoreshwa iki? Ni amafaranga y’abasora b’Abanyaburayi turi kuvugaho, nkaba mfite impungenge ko duha amafaranga ibihugu bidashaka ubufatanye. None mwasubiza ikibazo cyanjye?”
McAllister yasabye abari mu Nteko ya EU ko mu gihe baba batashobora kumusubiza, bashaka igisubizo mu gihe kitarenze amasaha 48 ahwanye n’iminsi ibiri.
Tanzania iheruka gutangaza amakuru y’icyorezo mu mpera za Mata 2020, ubwo habarurwaga abantu 509 banduye iki cyorezo na cyari kimaze kwica. Mu ntangiriro za Kamena 2020, Perezida Magufuli yatangaje ko iki cyorezo kitakirangwa muri iki gihugu, kugeza ubu ngubu.
Gusa nyuma y’aho, iki gihugu cyakomeje kwakira inkunga z’amahanga zirimo miliyoni 14.3 z’amadolari y’Amerika yahawe n’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) muri Kamena, miliyoni 3.79 yahawe na Banki y’Isi, miliyoni 50.7 yahawe na Banki Nyafurika itsura amajyambere, zose zo guhangana n’icyorezo cya Covid-19.


