sophie.jpg

U Bubiligi bwirinze kwemeranya n’abavuga ko Rusesabagina yashimuswe

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Sophie Wilmès kuri uyu wa 19 Mutarama 2021 yirinze kwemeranya n’abavuga ko umuturage wabo Paul Rusesabagina yashimuswe na Leta y’u Rwanda.

Nk’uko bigaragara mu nkuru ya Radiyo na Televiziyo RTBF, Minisitiri Wilmès wari imbere y’Abadepite batatu (Samuel Cogolati na Georges Dallemagne na Els Van Hoof), yavuze ko impamvu ituma yirinda kwemeranya n’aba bantu, ari uko nta perereza rirakorwa ngo ribyemeze.

Abarimo umuryango wa Rusesabagina n’umunyamategeko wo mu Bubiligi yari yarahawe ngo amwunganire, bemeza ko uyu musaza w’imyaka 66 y’amavuko wari i Dubai, yagejejwe mu Rwanda ashimuswe.

Minisitiri Wilmès abajijwe icyo yabivugaho, yagize ati: “Uburyo yatawe muri yombi, bugomba kuba buri mu iperereza ry’ubushinjacyaha. Minisiteri na Ambasade (y’u Bubiligi mu Rwanda) nta bubasha zifite kuri iki kibazo.”

sophie.jpg Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Sophie Wilmès

Uyu muyobozi yavuze ko Guverinoma y’u Bubiligi iri gukurikirana imibereho ya Rusesabagina kuva yatabwa muri yombi mu mpera za Kanama 2020, kugira ngo imenye uburyo afunzwemo, uburyo abonamo imiti, n’uko ahabwa ubutabera.

Gusa yahakaniye ababona ko byashoboka ko Rusesabagina ashobora kuvanwa mu Rwanda akajya gufungirwa mu Bubiligi, aho afite ubwenegihugu. Impamvu yatanze ni uko ibi bihugu byombi bitigeze bisinya amasezerano yo guhana abakurikiranweho ibyaha ndetse u Rwanda rutigeze rushyira umukono ku masezerano mpuzamahanga ya Strasbourg Transfer Convention yo guhererekanya abakurikiranweho ibyaha.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *